Volleyball: APR VC na RRA VC zegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba
Ikipe ya APR VC mu bagabo na RRA VC mu bagore ni zo zegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSO Butare.
Iri rushanwa “Memorial Kayumba 2022” ryari ribaye ku nshuro ya 12 ryabereye muri GSO Butare mu mpera z’icyumweru gishize taliki 05 na 06 Werurwe 2022.
Mu bagabo hitabiriye amakipe 3 ari yo KVC, APR VC na REG VC, yakinnye hagati yayo hanyuma ikipe ya mbere n’iya kabiri zikina umukino wa nyuma.
Ku mukino wa nyuma, ikipe ya APR VC yatsinze REG VC amaseti 3-1 (21-25, 25-23, 25-20 na 25-23). Iyi kipe ya REG VC ni yo yari ifite igikombe giheruka mu irushanwa ryabaye muri 2020 aho yari yatsinze ku mukino wa nyuma UTB VC amaseti 3-2 ( 25-20, 24-26,13-25,38-36 na 15-8).

Mu bagore hari hitabiriye amakipe 4 ari yo Ruhango VC, IPRC Kigali, RRA VC na IPRC Huye. Na yo yakinnye hagati yayo maze ikipe ya mbere n’iya kabiri zihurira ku mukino wa nyuma.
Ku mukino wa nyuma ikipe ya RRA VC yitwaye neza itsinda IPRC Kigali amaseti 3-0 (25-15, 25-17 na 25-20). Ikipe ya RRA VC yisubije iki gikombe kuko n’ubushize ni yo yagitwaye itsinze UTB VC amaseti 3-1.

Mu cyiciro cy’amashuri mu bahungu, hitabiriye amakipe 9 ashyirwa mu matsinda 3 aho itsinda A ryari ririmo GSO Butare, Rusumo HS na Nyaruguru VC. Itsinda B ririmo Christ Roi, GS St Joseph Kabgayi na ES Byimana na ho itsinda C ririmo ES Mugombwa, PSVF na GS St Philippe Neri.
Nyuma y’imikino y’amajonjora, ikipe ya Christ Roi yatsinze ku mukino wa nyuma ikipe Petit Séminaire Virgo Fidelis “PSVF” amaseti 3-2 (21-25, 28-26, 23-25, 28-26 na 17-15). Ikipe ya Christ Roi yari yasezereye muri ½, ikipe ya GSO Butare amaseti 3-0 (26-24, 26-24 na 25-23).

Muri iki cyiciro hashimiwe ikipe ES Byimana na ES Mugombwa yitabiriye iri rushanwa ku nshuro ya mbere.
Minisitiri wa Siporo mu Rwanda “MINISPORTS”, Munyangaju Aurore Mimosa ari kumwe na Meya w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege bakurikiranye imikino yasoje iri rushanwa.

Minisitiri Munyangaju yashimiye GSO Butare isigasira umurage yasigiwe na Padiri Kayumba Emmanuel wapfuye mu 2009. Ikindi ni ukuba bashobora gutegura irushanwa nk’iri anasaba andi mashuri kureberaho kuko bizamura impano z’abakiri bato.
Umuyobozi wa GSO Butare, Padiri Hakizimana Charles yashimiye abagize uruhare mu kugira ngo iri rushanwa ryongere kuba kuko ryaherukaga kuba muri 2020 na ho muri 2021 ntiryabaye kubera COVID-19. Uyu mwaka hari ibyiciro by’imikino bitakinwe birimo Koga na Beach Volleyball.
