Leandro Paredes warwanye mu Gikombe cy’Isi yahagaritswe imikino 10

  • ZIGAMA THEONESTE
  • Kanama 21, 2026
  • Hashize iminota 46
Image

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryahanishije Umunya-Argentine Leandro Paredes kumara imikino 10 adakina kubera uruhare yagize mu gutangira imvururu zakurikiye umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 wahuje Argentine na Espagne.

Uyu mukino wakinwe ku wa 19 Nyakanga 2026, warangiye ari igitego cyo mu minota 30 y’inyongera nyuma y’aho iminota 90 y’umukino usanzwe yari yarangiye banganya ubusa ku busa. Ni igitego cyatsinzwe na Ferran Torres, cyabaye itandukaniro Espagne yegukana igikombe itsinze Argentine.

Ubwo umukino wari urangiye, umukinnyi wo hagati wa Argentine, Leandro Paredes yeretswe ikarita itukura nyuma yo gufata mu ijosi myugariro wa Espagne, Eric Garcia, mbere yo kumukubita umugeri akamugusha hasi. Paredes yahise kandi ajya gushyamirana na Gavi, agaragara nk’ushaka kumukubita ku mutwe mbere yo kumusunika akamugusha hasi.

Myugariro wa Argentine, Nahuel Molina, na we yari mu bushyamirane bwabaye nyuma y’umukino, aho yagaragaye ashaka gukubita, Rodri Cascante, ubwo uyu Kapiteni wa Espagne yirukankaga ajya kwishimira intsinzi y’ikipe ye. Ibi bikorwa by’imitwarire mibi byatumye FIFA itangira gukora iperereza ryimbitse kugira ngo abayigizemo uruhare bahanwe.


Umwanzuro w’Akanama gashinzwe Imyitwarire ka FIFA washyizwe hanze kuri uyu wa 21 Kanama 2026, wasize, Leandro Parades ahagaritswe imikino 10 anacibwa ibihumbi 90 by’Amadori y’Amerika ($), Nahuel Molina na we wa Algentine ahagarikwa imikino irindwi anacibwa ibihumbi 90$, Roberto Ayala ahagarikwa imikino itatu, Thiago Almada na Pablo Gavi wa Espagne bahagarikwa umukino umwe, bombi banacibwa amande y’ibihumbi 30$.

Mu bindi bihano byatanzwe, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Argentina ryahanishijwe kuzakira imikino ibiri stade yakira abafana bangana na 50%, rinacibwa amande y’ibihumbi 321$. Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Argentina ryabwiwe ko rishobora kujuririra ibihano ryahawe na FIFA, itanyurwa ikitabaza Urukiko rwa Siporo ku Isi (CAS).

Leandro Paredes yahagaritswe imikino 10 kubera uruhare yagize mu mvururu zabereye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026
  • ZIGAMA THEONESTE
  • Kanama 21, 2026
  • Hashize iminota 46
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE