APR BBC yongeye gutsinda Patriot BBC mu mikino ya nyuma ya Kamarampaka
APR BBC yatsinze Patriots BBC amanota 94-87 mu mukino wa kabiri mu ya nyuma ya Kamarampaka za Shampiyona ya Basketball mu Bagabo. Iba intsinzi ya kabiri yabonye muri iyi mikino.
Uyu mukino wakinwe mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 20 Kanama 2026, muri BK Arena.
Wari witezwe cyane kuko Patriots yatsinzwe irushwa mu mukino wa mbere, yari yitezweho gukosora amakosa yakoze, mu gihe APR BBC na yo yashakaga gutsinda kugira ngo ikomeze isatire kwegukana igikombe cya Shampiyona.
Ni umukino watangiye wegeranye cyane abarimo Ntore Habimana na Stubbs Jeffery Tyrone batsindira amakipe yombi. Aka gace karangiye APR BBC iyoboye umukino n’amanota 25 kuri 24 ya Patriots BBC.
Mu gace ka kabiri, umukino wakomeje kwegerana, amakipe yombi agendana mu gutsinda amanota binyuze mu bakinnyi barimo Craig Randall na Garba Chingka Kennedy.
Mu minota itatu ya nyuma, ikipe y’Ingabo yongereye ikinyuranyo cy’amanota binyuze muri Teafale Leonard na Craig Randall, bituma igice cya mbere kirangira ikomeje kuyobora umukino n’amanota 49 kuri 45 ya ya Patriots BBC.
Iyi kipe yakomereje muri uwo mu mujyo mu gace ka gatatu abarimo Axel Mpoyo, Maouhamadou Diagne na Craig Randall bayitsindira amanota ndetse ikinyuranyo kigera ku 1 069-59.
Ku rundi ruhande Patriots ntiyacitse intege kuko yagerageje kugabanya ikinyuranyo binyuze kuri Noel Obadiah na Damarian Franklin. Muri rusange, agace ka gatatu karangiye APR BBC yagejeje ku manota 69 kuri 65 ya Patriots BBC.
Mu gace ka nyuma, iyi kipe y’Ingabo yongereye imbaraga itangira kuzamura ikinyuranyo binyuze muri Teafale Leonard na Ntore Habimana batsindaga cyane kigera ku manota icyenda (87-78).
Mu minota ibiri ya nyuma, Patriots BBC yagerageje kugabanya ikinyuranyo abarimo Noel Obadiah na Garba Chingka Kennedy batsinda ariko biranga.
Umukino warangiye APR BBC yatsinze Patriots BBC amanota 94-87, yegukana intsinzi ya kabiri yikurikiranya.
Umukino wa gatatu uteganyijwe ku wa Gatandatu, tariki 22 Kanama 2026 muri BK Arena, aho Patriots BBC isabwa gutsindwa kugira ngo yizere gusigwa cyane, mu gihe indi yo izaba ikoza imitwe y’intoki ku Gikombe cya Shampiyona.
Mu bagore, REG WBBC yabonye intsinzi ya mbere itsinda The Hoops amanota 69-63.
