Igihe imanza zimara mu nkiko cyagabanyutseho amezi abiri
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza yatangaje ko Urwego rw’Ubucamanza mu Rwanda rwageze ku ntego rwari rwarihaye yo kugabanya imanza zitinda mu nkiko, aho impuzandengo y’igihe imanza zimara yagabanyutse ikaba igeze ku mezi ane, mu gihe yari ku mezi atandatu mu mwaka w’ubucamanza ushize wa 2025/2026.
Ni bimwe mu byagaragajwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Nzeri 2026, ubwo hatangizwaga umwaka w’ubucamanza wa 2026/2027. Hagaragajwe ko mu mwaka w’ubucamanza wa 2025/2026, inkiko zo mu Rwanda zaciye imanza 123 027, mu gihe zari zifite imanza 163 695 zagombaga kuburanishwa. Muri zo manza 54 278 zari zasigaye mu mwaka w’ubucamanza wabanje, naho 109 417 zikaba zarinjiye mu nkiko muri uwo mwaka.
Raporo y’Urwego rw’Ubucamanza igaragaza ko mu manza zaciwe 103 139 zingana na 84%, zaciwe mu buryo busanzwe bwo kurangiza imanza. Izindi 19 888, zingana na 16%, zaciwe hakoreshejwe uburyo bw’ubuhuza n’ubwumvikane, aho ababuranyi bumvikanira ku gisubizo cy’ikibazo bafitanye.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Mukantaganzwa Domitilla, yerekanye uko Urwego rw’Ubucamanza ruhuza inshingano zarwo zo gutanga ubutabera bwihuse, avuga ko hakoreshwa uburyo burimo kunga abafitanye ibibazo.
Yagize ati: “Nk’uko Urwego rw’Ubucamanza rwabigize intego umwaka wa 2025/2026 utangizwa, hashyizwe imbaraga mu gushishikariza ababuranyi gukoresha inzira z’ubutabera nsanasano mu gukemura ibibazo bafitanye aho byashobokaga. Turishimira ko imanza zaciwe hakoreshejwe ubwo buryo zageze ku 19 888, mu gihe zari 15 012 mu mwaka w’ubucamanza wabanje, bisobanuye ko habayeho inyongera y’imanza 4 876 zingana na 32,4%.”
Yakomeje agaragaza ko kwihutisha imanza zitinda mu nkiko byiyongereye, avuga ko bishimangirwa n’uko impuzandengo y’igihe urubanza rumara mu nkiko yagabanyutse. Ati: “Urwego rw’Ubucamanza ruramenyesha Abanyarwanda ko impuzandengo y’igihe urubanza rumara rutegeje kuburanishwa yagabanyutse, ikaba igeze ku mezi ane, ivuye ku mezi atandatu mu mwaka wabanje.”
Iyo raporo ikomeza igaragaza ko mu byiciro by’inkiko, Inkiko z’Ibanze ari zo zaciye imanza nyinshi, aho zaciye 74 348. Hakurikiraho Inkiko Zisumbuye zaciye 33 144, mu gihe Urukiko Rukuru, Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi hamwe n’izindi nkiko zaciye imanza izisigaye.
Urwego rw’Ubucamanza rwanagaragaje ko rugifite imbogamizi zitandukanye, harimo n’umubare w’imanza ukomeza kwiyongera mu nkiko, mu gihe umubare w’abakozi utiyongera, bikagira ingaruka kuri serivisi zihabwa abazigana.
Mu mpera z’umwaka w’ubucamanza, hasigaye imanza 41 831 zitaracibwa, umubare w’imanza zasigaye wagabanyutse ugereranyije n’izari zisigaye mu ntangiriro z’umwaka, kuko inkiko zatangiye umwaka zifite imanza 54 278.

