Perezida Kagame ategerejwe muri Oman mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

  • SHEMA IVAN
  • Nzeri 5, 2026
  • Hashize amasaha 2
Image

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Oman yatangaje ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, azasura iki gihugu ku wa 7 kugera ku wa 8 Nzeri 2026, mu ruzinduko rugamije kongera imbaraga mu mubano uri hagati y’iki gihugu n’u Rwanda.

Mu itangazo iyi Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yashyize hanze kuri uyu Gatandatu, tariki ya 5 Nzeri 2026, yavuze ko muri uru ruzinduko impande zombi zizaganira ku ngingo zitandukanye zigamije guteza imbere inyungu zihuriweho n’uburyo zijyana n’iterambere by’abaturage b’ibihugu byombi by’inshuti.

Umubano w’u Rwanda na Oman umaze gutera imbere ndetse mu minsi ishize wanditse andi mateka mashya, aho Sosiyete y’indege ya SalamAir yo muri Oman yatangije ingendo zihuza Umujyi wa Muscat n’uwa Kigali, mu rwego rwo kwagurira ibikorwa byayo muri Afurika.

Ni inkuru yakiriwe neza n’abajya mu byerekezo bitandukanye by’iyi sosiyete barimo Abanyarwanda n’Abanya-Oman.

Uretse imikoranire mu bijyanye n’ubwikorezi, ibihugu byombi bifatanye andi masezerano mu bikorwa remezo, ikoranabuhanga no guhanga udushya n’ibindi.

Perezida Kagame ategerejwe muri Oman
  • SHEMA IVAN
  • Nzeri 5, 2026
  • Hashize amasaha 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE