Perezida Kagame yarebye umukino Paris Saint-Germain yatwayemo UEFA Super Cup 2026
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yarebye umukino wa UEFA Super Cup warangiye Paris Saint Germain yo mu Bufaransa yegukanye igikombe, nyuma yo gutsinda Aston Villa yo mu Bwongereza ibitego 2-1.
Ni umukino wabereye kuri Red Bull Arena muri Autriche mu ijoro ku wa 12 Kanama 2026,ukaba wahuje amakipe yombi yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda.
Ubutumwa bwashyizwe kuri konti ya X y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro bugaragaza ko Perezida Kagame yarebye uwo mukino.
Buti: “Muri iri joro i Salzburg, Perezida Kagame yitabiriye umukino wa UEFA Super Cup 2026, wahuje abafatanyabikorwa babiri ba Visit Rwanda Paris Saint-Germain (PSG) yatwaye UEFA Champions League, na Aston Villa, yatwaye UEFA Europa League ndetse ikaba ari yo nshya mu bafatanyabikorwa ba Visit Rwanda mu mupira w’amaguru”.
Ku wa 14 Nyakanga 2026, ni bwo Guverinoma y’u Rwanda binyunze mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB yasinyanye amasezerano y’imikoranire n’Ikipe ya Aston Villa yo kwamamaza ubukerarugendo bwarwo ku myambaro yayo aho ibirango bya Visit Rwanda biteganyijwe ko bizaba byanditswe imbere mu gituza ku byambaro y’abakinnyi.
Muri aya masezerano, ikirango cya Visit Rwanda kizajya kigaragara imbere ku mipira y’amakipe yose ya Aston Villa arimo iy’abagabo, abagore ndetse n’amakipe y’abakiri bato n’ahandi hantu h’ingenzi.
Kuri rundi ruhande amasezerano y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda na Paris Saint-Germain yasinywe bwa mbere mu 2019, avugururwa mu 2025 aho agomba kugeza mu 2028.
Ni amasezerano agena ko PSG yamamaza Visit Rwanda ku kibuga cyayo, Parc des Princes, ndetse ikambara imyambaro yanditseho Visit Rwanda mu gihe iri mu myitozo.
Kuva aya masezerano yasinywa, abafana babarirwa muri za miliyoni bo ku Isi yose, bamenye byisumbuyeho u Rwanda binyuze mu nkuru, mu buryo rugaragara mu itangazamakuru n’ibindi.
Mu mwaka wa 2025 ubukerarugendo bwinjirije Igihugu miliyoni 685 z’amadari y’Amerika (asaga miliyari 993 z’amafaranga y’u Rwanda), avuye kuri miliyoni 647 z’amadolari y’Amerika( miliyari 934 Frw) mu 2024.
Ibi byajyanye n’uko u Rwanda rwakiriye abashyitsi miliyoni 1,49, umubare wiyongereyeho 9% ugereranyije n’umwaka wabanje.


