RDB yasubije abibaza ku masezerano y’u Rwanda na Aston Villa
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB rwagaragaje ko kuba u Rwanda rwarasinyanye amasezerano y’imikoranire n’ikipe ya Aston Villa rutasubiye inyuma mu kwamamaza ubukerarugendo binyuze muri gahunda ya ‘Visit Rwanda’’ rushimangira ko nta mukiliya muto ubaho.
Ku wa 14 Nyakanga 2026, ni bwo Guverinoma y’u Rwanda binyunze mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwasinyanye amasezerano y’imikoranire n’Ikipe ya Aston Villa yo kwamamaza ubukerarugendo bwarwo ku myambaro yayo aho ibirango bya Visit Rwanda biteganyijwe ko bizaba byanditswe imbere mu gituza.
Muri aya masezerano, ikirango cya Visit Rwanda kizajya kigaragara imbere ku mipira y’amakipe yose ya Aston Villa arimo iy’abagabo, abagore ndetse n’amakipe y’abakiri bato n’ahandi hantu h’ingenzi. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 11 Kanama 2026 Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga Urusobe rw’Ibinyabuzima (Rwanda Nature Foundation), yavuze ko hari byinshi biteze muri aya masezerano.
Yagize ati: Kuba twaragiranye amasezerano na Aston Villa ntabwo bivuze ko twavuye hejuru tukamanuka. Mu kinyarwanda baravuga ngo nta mukiliya muto, kandi tugomba kwagura umubano, ubufatanye, twizera ko amasezerano tumaze kugirana na Aston Villa azatugeza kuri byinshi kandi twiteguye no kugirana amasezerano n’izindi aho bishoboka.”
Mu 2025 ubukerarugendo bwinjirije Igihugu miliyoni 685 z’amadolari (miliyari 890 Frw), avuye kuri miliyoni 647 z’amadolari ya Amerika mu 2024.
Ibi byajyanye n’uko u Rwanda rwakiriye abashyitsi miliyoni 1,49 umubare wiyongereyeho 9% ugereranyije n’umwaka wabanje.
Muri uwo mwaka Pariki z’Igihugu z’u Rwanda zakiriye abashyitsi 155 394 zinjiza miliyoni 40,8 z’amadolari ya Amerika.
Mu 2025, Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ni yo yakomeje kuza ku isonga mu kwinjiza amafaranga menshi. Yinjije miliyoni 35,8 z’amadolari ya Amerika hafi 88% by’ayinjiye yose avuye muri za Pariki.
Pariki y’Igihugu ya Nyungwe ni yo yagize ubwiyongere bwihuse kurusha izindi mu mubare w’abayisura, ibintu bisobanurwa ko byaturutse ku bikorwa bishya by’ubukerarugendo birimo ‘Zipline’ no kugendera ku migozi.
