Iburasirazuba: Abantu 21 batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa inzoga z’ibyuma

  • ZIGAMA THEONESTE
  • Nzeri 18, 2026
  • Hashize isaha 1
Image

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba yataye muri yombi abantu 21, nyuma yo kufatana amacupa arenga 6 000 ya Zebra Gin n’andi abarirwa mu magana y’inzoga zitujuje ubuziranenge.

Ni mu mukwabu wakozwe ku wa Kane, tariki ya 17 Nzeri 2026, aho hafashwe kandi litiro zigera kuri 355 za Kanyanga, n’izindi 322 z’inzoga zitujuje ubuzirange zaciwe ku isoko ryo mu Rwanda, ndetse na moto eshatu bikekwa ko zakoreshwaga mu gutwara Zebra Gin, iri mu bicuruzwa by’inzoga byakuwe ku isoko.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SSP Hamduni Twizeyimana yatangaje ko izi nzoga zafatiwe mu Turere dutanu two mu Ntara y’Iburasirazuba, ariko nyinshi muri zo zafatiwe mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo na Kayonza.

Yavuze ko iki gikorwa kitari cyateguwe mbere, ahubwo cyaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Ati: “Ntabwo wari umukwabu wari wateguwe. Wari ushingiye ku makuru twahawe n’abaturage. Bakomeje gutanga amakuru nyuma yo gusobanukirwa n’ingaruka z’inzoga zitujuje ubuziranenge.”

Twizeyimana yavuze ko inyinshi muri izi nzoga zafashwe zari zinjijwe mu Rwanda mu buryo bwa magendu zivanwe muri Uganda, mu gihe izindi zari zisanzwe zikwirakwizwa imbere mu gihugu.

Polisi y’u Rwanda yavuze ko bamwe mu bakekwaho ibyo bikorwa bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza, mu gihe abandi boherejwe mu bigo byita ku bantu bafite ibibazo bijyanye no kunywa inzoga.

Abo bafashwe mu gihe  mu gihe inzego zishinzwe kugenzura ubuziranenge n’iz’umutekano zakajije ibikorwa byo kurwanya ikorwa, ikirakwiza n’icuruzwa ry’inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi nk’ibyuma zakuwe ku isoko.

Kuva mu ntangiriro za Kanama, inganda zirenga 140 zikora inzoga z’ibyuma zarafunzwe, mu gihe amoko z’izo nzoga abarirwa mu magana  yakuwe ku isoko mu rwego rwo gukomeza guhangana n’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage.

Abayobozi b’ibigo ndetse n’abakozi b’inzego zishinzwe kugenzura inzoga na bo bagejejwe imbere y’ubutabera, bakekwaho kugira uruhare mu ikorwa, ikwirakwizwa n’icuruzwa ry’inzoga zitujuje ubuziranenge.

Abantu 21 bafungiwe gucuruza ibinyobwa butujuje ubuziranenge
  • ZIGAMA THEONESTE
  • Nzeri 18, 2026
  • Hashize isaha 1
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE