Brazzaville : Abanyarwanda bahuriye muri siporo rusange
Kuri iki Cyumweru tariki 10 Gicurasi 2026, Abanyarwanda batuye mu Mujyi wa Brazzaville no mu nkengero zawo muri Repubulika ya Congo, bahuriye muri siporo rusange imenyerewe mu Rwanda nka “Car Free Day”.
Aba Banyarwanda bakoze Siporo Rusange mu gihe n’i Kigali na ho bayizindukiyemo nk’uko bimaze kuba umuco ko ikorwa isnhuro ebyiri buri kwezi.
Nyuma y’icyo gikorwa, baboneyeho umwanya wo kuganira kuri gahunda z’ingenzi bashyiramo ingufu, mu kubaka Igihugu cyabo no kwiteza imbere, basenyera umugozi umwe nk’Abanyarwanda.
Mu kiganiro kigufi cyatanzwe nyuma ya siporo, Amb. Parfait Busabizwa, yagarutse ku kamaro ka siporo ku buzima, anabasaba ko nk’uko babarizwa mu ngeri nyinshi bakomeza guhuza ingufu, bagafatanya muri byose, cyane cyane bitabira gahunda zihuriramo Abanyarwanda hagamijwe kunga ubumwe kandi ibyo byose bigakoranwa ubupfura, umuco n’ubunyangamugayo, kuko ari byo bihesha Igihugu cy’u Rwanda agaciro mu ruhando rw’amahanga.
Iyi siporo yitabiriwe n’abarenga 70, biyemeje ko bazajya bahurira mu gikorwa nk’iki buri kwezi, hagamijwe kugira ubuzima bwiza no gusabana.
Iki gikorwa kandi cyaje gikurikiye gahunda yabaye kuwa Gatandatu tariki 09 Gicurasi 2026, yo gusura icyanya cy’inganda cya Maloukou, cyakozwe n’itsinda rigizwe n’abakozi ba Ambassade, Komite Nyobozi y’umuryango Nyarwanda ndetse na bamwe mu bacuruzi bakorera muri Brazzaville.




