APR FC yaguze Madou Zon wakiniraga TP Mazembe

  • SHEMA IVAN
  • Nyakanga 8, 2026
  • Hashize amasaha 2
Image

Ikipe ya APR FC yatangaje ko yasinyishije myugariro Madou Zon ukomoka muri Burkina Faso wari usanzwe ari Kapiteni w’Ikipe ya TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Nyakanga 2026, ni bwo Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yatangaje ko yasinyishije uyu mukinnyi w’imyaka 28 akina hagati mu bwugarizi, ku masezerano y’imyaka ibiri.

Yagize iti: “APR FC yishimiye kwakira myugariro mpuzamahanga ukomoka muri Burkina Faso, Madou Zon, azanye imbaraga, ubunararibonye ndetse n’ubuyobozi mu bwugarizi bw’ikipe, mu kwitegura neza amarushanwa ari imbere.” 

Uyu Munya-Burkina Faso yari amaze imyaka itatu muri TP Mazembe yagezemo muri Nyakanga 2023 avuye muri AS Douanes y’iwabo, mu gihe mbere y’aho yakiniye Kassoum Ouédraogo Zico Académie.

Yabaye umukinnyi wa Karindwi mushya utangajwe na APR FC, nyuma 

Mamadou Traoré, Amani Kouadio Kan Michel Breygeneve, Ernan Siluane, Ishimwe Christian, Uwiyaremye Fidali na Rubuguza Jean Pierre.

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yegukanye Igikombe cya Shampiyona n’Igikombe cy’Amahoro mu mwaka ushize wa 2025/26, yatangiye imyitozo yitegura amarushanwa mpuzamahanga arimo CECAFA Kagame Cup rizabera mu Rwanda mu mpera za Nyakanga ndetse na CAF Champions League.

Madou Zon ashyira umukono ku masezerano muri APR FC
Madou Zon yahawe nimero gatatu muri APR FC
Madou Zon yitezweho gufasha APR FC kwitwara neza mu marushanwa arimo CECAFA na CAF Champions League
  • SHEMA IVAN
  • Nyakanga 8, 2026
  • Hashize amasaha 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE