Iran yarashe Kuwait na Bahrain nyuma y’ibitero bya Amerika
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Nyakanga 2026, Ingabo za Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’ingabo bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika biri muri Bahrain na Kuwait, nyuma yuko Amerika igabye ibitero bikomeye ku mato atwara peteroli anyura mu muhora wa Hormuz.
Ibi bikorwa bya gisirikare bikomeje guhungabanya amasezerano y’agahenge hagati y’Ibihugu byombi ndetse Ingabo za Iran zatangaje ko zarashe zikoresheje misile na drone ku birindiro bikomeye bya Amerika biri muri ibyo bihugu.
Impuruza z’ibitero byo mu kirere zasakaye muri Bahrain na Kuwait, mu gihe igisirikare cya Kuwait cyatangaje ko ubwirinzi bwacyo bwo mu kirere bwahanganye n’ibitero bya misile na drones by’abanzi.
Nubwo ntakiratangazwa n’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri ibyo bitero ariko mbere yuko bigabwa Amerika yari yagabye ibitero muri Iran no ku bwato butatu butwara peteroli bunyura mu muhora wa Hormuz.
Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati, (CENTCOM) zatangaje ko ibyo bitero byari bigamije kurasa ubwato buto burenga 60 bw’Ingabo zidasanzwe za Iran no guha Iran igihano gikomeye kubera ibitero yagabye mu nyanja.
Itangazo ryashyizwe hanze na CENTCOM, ryagaragaje ko ibitero bya Iran ari ukurenga ku masezerano y’agahenge mu buryo bweruye kandi ibyo biteza akaga ndetse bikanahungabanya ubwikorezi bwo mu nyanja.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wo gutabarana, NATO, Mark Rutte ku wa 07 Nyakanga yavuze ko ibitero Amerika yagabye kuri Iran byari ngombwa kandi bikenewe cyane.
Yagize ati: “Iyo hari agahenge ariko Iran ikaba ikomeje kukarengaho mbona ari ingenzi cyane ko Amerika ibisubizanya imbaraga.”
Ku rundi ruhande ariko Iran yamaganye ibitero bya Amerika ivuga ko ari ibikorwa by’ubushotoranyi, iburira ko itazemera ko Amerika yivanga mu micungire y’inzira y’amato anyura muri Hormuz.