Tennis: Ikipe y’u Rwanda iratangira “BJK Cup 2023” ikina na Mozambique
Kuri uyu wa Mbere taliki 05 Kamena 2023 ni bwo hatangira irushanwa ry’umukino wa Tennis rihuza amakipe y’ibihugu mu bagore “Billie Jean King Cup 2023”.
Iri rushanwa rizasozwa taliki 10 Kamena 2023 ryitabiriwe n’amakipe 11 yo muri Afurika ari mu itsinda rya 4 “Africa Group IV”. Aya makipe yagabanyijwe mu matsinda abiri aho itsinda A rigizwe n’u Rwanda, Mozambique, Ethiopia, Tanzania na Angola naho itsinda B ririmo Congo Brazzaville, Cameroun, Lesotho, RDC, Madagascar na Senegal.

Ku munsi wa mbere w’iyi mikino, ikipe y’u Rwanda irakina na Mozambique guhera saa yine (10h00).
Undi mukino wo mu itsinda A, ikipe ya Ethiopia irakina na Angola.
Mu itsinda B, ikipe ya Lesotho irakina na RDC, Cameroun ikine na Madagascar naho Congo Brazzaville ikine na Senegal.
Iyi mikino yose irabera ku bibuga byo muri IPRC Kigali Kicukiro.
Abakinnyi ikipe y’u Rwanda izifashisha
Abakinnyi 5 ikipe y’u Rwanda izifashisha muri iri rushanwa ni Tuyisenge Olive, Umumararungu Gisele, Tuyishime Sonia, Mutuyimana Chantal na Ndahunga Gisubizo Grace. Umutoza ni Bimenyimana Eric.
Ikipe y’u Rwanda ubwo yaherukaga kwitabira iri rushanwa muri 2021 yakinnye mu itsinda rya 3 “Europe/Africa Zone Group III”. Iri rushanwa ryabereye muri Lithuania muri Kamena 2021 ryari ryitabiriwe n’amakipe 21 yo ku mugabane w’u Burayi n’Afurika maze ikipe y’u Rwanda isoreza ku mwanya wa 18.