Urushako si ihema ryimukanwa-Pasiteri Muyango ahanura abagiye kurushinga 

  • KAMALIZA AGNES
  • Nzeri 6, 2026
  • Hashize amasaha 2
Image

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’umuryango  The Peace Plan Rwanda itegura igiterane,  Rwanda Shima Imana, akaba n’Umunyamuryango wa Rwanda Leaders Fellowship, Pasiteri Muyango James yasabye abitegura kurushinga kutihutira gutekereza umunsi w’ubukwe, ahubwo bakabanza kubaka umusingi ukomeye w’urugo n’ubuzima bwarwo nk’uko umushinga munini ubanza kugira urufatiro.

Mu masengesho yo kuri iki Cyumweru, tariki ya 06 Nzeri 2026, yagenewe urubyiruko ruri mu nzego  z’ubuyobozi azwi nka ‘Young Leaders Prayer Breakfast’, yateguwe na  Rwanda Leaders Fellowship  akitabirwa  na Madamu Jeannette Kagame, Pasiteri Muyango  yavuze ko abitegura gushinga urugo bakwiye gutinda barutegura.

Ni mu gihe gatanya zikomeje kwiyongera nkuko bigaragazwa na  Raporo y’Urwego rw’Ubucamanza bw’u Rwanda, 2025/2026  yagaragaje ko imanza zo gutandukana kw’abashakanye zageze ku 6 799. Ibyo birego bikaba  byikubye hafi 2.5 ugereranyije n’imanza zari mu nkiko mu mwaka wari wabanje.

Iyo raporo kandi igaragaza ko mu mezi atandatu ya 2026,  inkiko z’u Rwanda zakiriye imanza  zo gutandukana kw’abashakanye 3 620.

Pasiteri Muyango yifashishije umurongo uboneka muri Bibiliya mu gitabo cya Matayo 7:24-27, rw’abubatsi babiri umwe wubatse ku rutare undi akubaka ku musenyi; yavuze ko inzu ikomeye  idatangirira ku gisenge cyangwa ku rukuta, ahubwo itangirira ku musingi ushobora kutagaragara ariko ukazakomeza inzu mu gihe cy’ibibazo.

Aho ni ho yahereye asaba abagiye kurushinga gutinda biga urugo n’ibirukomeza, ati: “Dukeneye gutinda twigisha abantu ibijyanye n’urugo. Iyo umuntu agiye kubaka umuturirwa, abanza kubaka umusingi. Ibyo byakorwa n’ababyeyi n’amatorero; twubake umusingi uhamye mbere yo gushaka, urubyiruko rutegurwe kare mbere yo gushaka, twubake urufatiro ruzima ruzatuma twubaka urugo rutazajegajega.”

Yasobanuye ko imvura, umuyaga n’imyuzure bishobora kugera ku nzu zose ariko itandukaniro rikagaragarira  mu buryo buri nzu yubatsweho, ari na ko bikwiye kumera mu rushako kuko nta rugo rutagira ibibazo ariko itandukaniro rikaba icyo urugo rwubakiyeho.

Yagaragaje ko abagiye kurushinga bakwiye kumva ko urushako atari ikintu cy’agateganyo gishobora guhindurwa igihe cyose ibintu bikomeye cyangwa rube ihema ryimukanwa, ahubwo ko ari ukubaka ikintu cy’igihe kirekire.

Ati:“Urushako si ihema ryimukanwa  aho ngaho nta musingi ukeneye. Urushako ni ukubaka ibintu bizahoraho. Bivuze ko dukeneye kubakira ku kintu gihamye.”

Pasiteri Muyango  kandi yashimangiye ko abagiye kurushinga bakwiye  guhuza ibitekerezo, kugira icyerekezo kimwe cy’ubuzima no gusangira amarangamutima  y’uburyo bwose ndetse bakayoborwa n’urukundo nyakuri.

Raporo y’Urwego rw’Ubucamanza kandi yagaragaje ko imanza mbonezamubano ziganje mu 2025/2026 ari izishingiye ku mitungo itimukanwa zageze kuri 1 866 , kutubahiriza amasezerano n’inshingano ziba  1 081, kwemeza inyandiko z’irangamimerere 815 mu gihe  izishingiye ku mitungo yimukanwa ari 244.

Pasiteri Muyango James yasabye abitegura kurushinga kubanza kubaka umusingi ukomeye w’urugo
  • KAMALIZA AGNES
  • Nzeri 6, 2026
  • Hashize amasaha 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE