Urushako si ihema ryimukanwa-Pasiteri Muyango ahanura abagiye kurushinga
Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’umuryango The Peace Plan Rwanda itegura igiterane, Rwanda Shima Imana, akaba n’Umunyamuryango wa Rwanda Leaders Fellowship, Pasiteri Muyango James yasabye abitegura kurushinga kutihutira gutekereza umunsi w’ubukwe, ahubwo bakabanza kubaka umusingi ukomeye w’urugo n’ubuzima bwarwo nk’uko umushinga munini ubanza kugira urufatiro.
Mu masengesho yo kuri iki Cyumweru, tariki ya 06 Nzeri 2026, yagenewe urubyiruko ruri mu nzego z’ubuyobozi azwi nka ‘Young Leaders Prayer Breakfast’, yateguwe na Rwanda Leaders Fellowship akitabirwa na Madamu Jeannette Kagame, Pasiteri Muyango yavuze ko abitegura gushinga urugo bakwiye gutinda barutegura.
Ni mu gihe gatanya zikomeje kwiyongera nkuko bigaragazwa na Raporo y’Urwego rw’Ubucamanza bw’u Rwanda, 2025/2026 yagaragaje ko imanza zo gutandukana kw’abashakanye zageze ku 6 799. Ibyo birego bikaba byikubye hafi 2.5 ugereranyije n’imanza zari mu nkiko mu mwaka wari wabanje.
Iyo raporo kandi igaragaza ko mu mezi atandatu ya 2026, inkiko z’u Rwanda zakiriye imanza zo gutandukana kw’abashakanye 3 620.
Pasiteri Muyango yifashishije umurongo uboneka muri Bibiliya mu gitabo cya Matayo 7:24-27, rw’abubatsi babiri umwe wubatse ku rutare undi akubaka ku musenyi; yavuze ko inzu ikomeye idatangirira ku gisenge cyangwa ku rukuta, ahubwo itangirira ku musingi ushobora kutagaragara ariko ukazakomeza inzu mu gihe cy’ibibazo.
Aho ni ho yahereye asaba abagiye kurushinga gutinda biga urugo n’ibirukomeza, ati: “Dukeneye gutinda twigisha abantu ibijyanye n’urugo. Iyo umuntu agiye kubaka umuturirwa, abanza kubaka umusingi. Ibyo byakorwa n’ababyeyi n’amatorero; twubake umusingi uhamye mbere yo gushaka, urubyiruko rutegurwe kare mbere yo gushaka, twubake urufatiro ruzima ruzatuma twubaka urugo rutazajegajega.”
Yasobanuye ko imvura, umuyaga n’imyuzure bishobora kugera ku nzu zose ariko itandukaniro rikagaragarira mu buryo buri nzu yubatsweho, ari na ko bikwiye kumera mu rushako kuko nta rugo rutagira ibibazo ariko itandukaniro rikaba icyo urugo rwubakiyeho.
Yagaragaje ko abagiye kurushinga bakwiye kumva ko urushako atari ikintu cy’agateganyo gishobora guhindurwa igihe cyose ibintu bikomeye cyangwa rube ihema ryimukanwa, ahubwo ko ari ukubaka ikintu cy’igihe kirekire.
Ati:“Urushako si ihema ryimukanwa aho ngaho nta musingi ukeneye. Urushako ni ukubaka ibintu bizahoraho. Bivuze ko dukeneye kubakira ku kintu gihamye.”
Pasiteri Muyango kandi yashimangiye ko abagiye kurushinga bakwiye guhuza ibitekerezo, kugira icyerekezo kimwe cy’ubuzima no gusangira amarangamutima y’uburyo bwose ndetse bakayoborwa n’urukundo nyakuri.
Raporo y’Urwego rw’Ubucamanza kandi yagaragaje ko imanza mbonezamubano ziganje mu 2025/2026 ari izishingiye ku mitungo itimukanwa zageze kuri 1 866 , kutubahiriza amasezerano n’inshingano ziba 1 081, kwemeza inyandiko z’irangamimerere 815 mu gihe izishingiye ku mitungo yimukanwa ari 244.
