CHAN 2023: Umutoza  w’Amavubi  yahamagaye  abakinnyi 24  kwitegura imikino  yo gushaka itike

  • Imvaho Nshya
  • Kanama 18, 2022
  • Hashize imyaka 4
Image
Ikipe y'u Rwanda igiye guhura na Ethiopia mu gushaka itike ya CHAN 2023

Umutoza mukuru w’ikipe y’u Rwanda « Amavubi », Carlos Alos Ferrer yahamagaye abakinnyi 24 bagomba gutangira imyiteguro y’imikino yo  gushaka itike y’imikino y’Afurika y’ibihugu ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu « CHAN 2023 » izabera muri Algeria taliki 08 kugeza 31 Mutarama 2023.

Imikino yo gushaka itike ubusanzwe ikinirwa mu bice « Zone » yatangiye muri Nyakanga 2022. Mu gice u Rwanda ruherereyemo « Central Eastern Zone (CECAFA) »  habanje  imikino y’amajonjora y’ibanze   aho iyi kipe y’u Rwanda yagombaga gukina icyiciro cya nyuma.

Nyuma y’imikino y’amajonjora y’ibanze , ikipe y’u Rwanda mu cyiciro cya nyuma izahura na Ethiopia. Umukino ubanza uzabera i Dar Es Salaam muri  Tanzania kuri Benjamin Mkapa Stadium taliki 26 Kanama 2022  naho umukino wo kwishyura ubere kuri Sitade ya Huye taliki 03 Nzeri 2022.

Si ubwa mbere ikipe y’u Rwanda igiye guhura na Ethiopia mu gushaka itike ya CHAN kuko muri 2019  mu gushaka itike ya CHAN 2020,  ikipe y’u Rwanda yabonye itike isezereye Ethiopia ku bitego 2-1 mu mikino yombi.

Muri 2017 mu gushaka itike ya CHAN 2018 na bwo, ikipe y’u Rwanda yasezereye Ethiopia ku bitego 3-2 mu mikino yombi.

Mu gushaka itike ya CHAN 2014, ikipe ya Ethiopia yasezereye u Rwanda kuri penaliti 6-5 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mikino yombi.

Abakinnyi 24 bahamagawe

Abanyezamu: Mvuyekure Emery (Police FC), Ishimwe Pierre (APR FC) na Ntwari Fiacre (AS Kigali)

Myugariro: Rwatubyaye Abdoul, Ganijuru Elie, Ndizeye Samuel (Rayon Sports), Serumogo Ally, Ndayishimiye Thierry (Kiyovu), Niyigena Clement, Buregeya Prince, Niyomugabo Claude (APR FC) na Nkubana Marc (Gasogi United)

Hagati: Mugisha Bonheur, Ruboneka Jean Bosco (APR FC), Nishimwe Blaise (Rayon Sports), Nsabimana Eric (Police FC), Niyonzima Haruna na Niyonzima Olivier (AS Kigali).

Rutahizamu: Muhozi Fred, Iradukunda Jean Bertrand (Kiyovu), Nshuti Dominique Savio, Ndayishimiye Dominique (Police FC), Niyibizi Ramadhan (APR FC) na Tuyisenge Jacques (AS Kigali).

Aba bakinnyi bagomba guhita bajya mu mwiherero  ku Cyumweru taliki 21 Kanama 2022 nyuma y’imikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona y’icyiciro cya mbere.

  • Imvaho Nshya
  • Kanama 18, 2022
  • Hashize imyaka 4
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE