Kung Fu Wushu: Umujyi wa Kigali witwaye neza muri shampiyona y’igihugu

  • Imvaho Nshya
  • Ugushyingo 8, 2022
  • Hashize imyaka 4
Image
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun (ibumoso) na Perezida wa RKWF, Uwiragiye Marc (iburyo) ubwo bahembaga umwe mu bakinnyi bitwaye neza

Nyuma y’imikino y’amajonjora yabereye mu Ntara zose, ku Cyumweru taliki 06 Ugushyingo 2022 mu  Kigo cy’Urubyiruko cya Kimisagara  habereye imikino ya nyuma muri shampiyona y’igihugu mu mukino njyarugamba wa Kung Fu Wushu “National Kung Fu Wushu Championship 2022”

Imikino ya nyuma yitabiriwe  n’abakinnyi 72 barimo 66 mu bagabo na 6 mu cyiciro cy’abagore. Muri aba  bakinnyi b’abagabo, 31 bahatanye mu kwiyereka “Taolu”, 35 bahatana mu kurwana “Sanda” naho mu bakobwa bahatanye mu kwiyereka.

Umujyi wa Kigali ni wo witwaye neza aho wegukanye imidali 16 harimo  imidali 7 ya zahabu, 7 ya Feza n’indi ibiri y’Umuringa.

Intara y’Iburasirazuba ni yo yabaye iya kabiri  aho yatwaye  imidali 16 harimo 4 ya zahabu, 6 ya Feza n’indi 6 y’Umuringa.

Imikino ya nyuma ya shampiyona y’igihugu yakurikiranwe na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, Umunyamabanga Mukuru wa Komite Olempike y’u Rwanda “RNOSC”, Kajangwe Joseph n’abandi batandukanye.

Perezida w’ ishyirahamwe ry’umukino wa Kung Fu Wushu mu Rwanda “RKWF”, Uwiragiye Marc  yatangaje ko muri rusange  imikino yo gusoza shampiyona y’igihugu yagenze neza.

Akomeza avuga ko amarushanwa yose yari ateganyijwe muri uyu mwaka yagenze neza bikaba bibaha icyizere ko n’umwaka utaha w’imikino uzagenda neza kurushaho.

Umunyamabanga Mukuru wa Komite Olempike y’u Rwanda “RNOSC”, Kajangwe Joseph yatangaje ko kuba  RKWF yarateguye shampiyona ku rwego rw’igihugu ikaba ikarangira neza ari ibintu bishimira kandi bituma bakomeza gukorana na bo no kubashyigikira.

Agaruka ku kibazo cy’ibikorwa remezo aho amwe mu mashyirahamwe y’imikino njyarugamba  avuga ko bidahagije, Kajangwe Joseph  yagize ati : “Ni byo birahari ariko ntibihagije n’ibihari bisaba ubushobozi kugira ngo habere ibikorwa, tuzaganira n’abafatanyabikorwa bacu kugira ngo turebe icyakorwa.”

Akomeza avuga ko muri gahunda Komite Olempike y’u Rwanda ifite harimo no kubaka inyubako izaba irimo n’inzu z’imikino inyuranye  kugira ngo ibibazo nk’ibi bikemuke.

Mu mwaka utaha w’imikino wa 2023, muri RKWF bifuza gushyira imbaraga mu kongerera ubumenyi abatoza n’abakinnyi ndetse no gushyira mu bikorwa umushinga bamaranye iminsi wo gutangiza umukino wa  Kung Fu Wushu mu mashuri.

  • Imvaho Nshya
  • Ugushyingo 8, 2022
  • Hashize imyaka 4
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE