Trump yongeye kubeshya Iran ko ahagaritse kuyirasa

  • KAMALIZA AGNES
  • Kanama 2, 2026
  • Hashize amasaha 7
Image

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yongeye gutangaza ko yahagaritse umugambi wo kugaba ibindi bitero kuri Iran,avuga ko abikoze kugira ngo ahe amahirwe ibiganiro  by’amahoro ariko  ashimangira ko amasezerano natagerwaho vuba  ashobora kongera gusuzuma icyemezo cyo gukoresha ingufu za gisirikare.

Trump yavuze ko iyo gahunda ishyigikiwe na Isiraheli kandi hari kuganirwa uko umuhora wa Hormuz ufatiye runini ubwikorezi ku Isi wakongera gufungura no gukuraho impungenge zijyanye n’intwaro kirimbuzi za Iran.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Truth Social, Trump yavuze ko Iran  n’ibindi bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati byamusabye gusubika ibitero, kuko ngo impande zirebwa n’ayo masezerano zamaze kumvikana ku ngingo z’ibanze zigize amasezerano.

Ikinyamakuru  Mehr News Agency cyo muri Iran cyatangaje ko Tehran itigeze isaba Amerika guhagarika ibitero bya gisirikare kandi ko ibyo Trump yatangaje ari ikinyoma.

BBC yatangaje ko ibyavuzwe na  Trump bije nyuma y’uko hari amakuru avuga ko  Amerika na Isiraheli bishobora kuba byari biri gutegura ibindi bitero bikomeye cyane byagombaga kwibasira ibikorwa remezo by’ingufu muri Iran.

Minisitiri w’Ingabo w’agateganyo wa Iran, Majid Ibn al-Reza, yavuze ko Igihugu cye gifata buri terabwoba rituruka ku banzi bacyo nk’irifite ishingiro kandi rikwiye kwitabwaho, nubwo rimwe na rimwe rishobora kuba rigamije gusa gutera ubwoba, ariko batazigera bicara ngo barebere.

CBS News ishimangira ko undi  mugambi wo kugaba ibitero kuri Iran waganiriweho mu nama y’Inama y’Abaminisitiri yayobowe na  Perezida Donald Trump  ku wa 31 Nyakanga 2026.

Guverinoma ya Amerika ngo yahise isaba  abaturage bayo bari mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati gukomeza kuba maso no kwitegura kuva muri ako karere mu gihe umwuka mubi warushaho kwiyongera.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Truth Social ku wa Gatandatu, Trump yavuze ko Amerika yari yiteguye  kugaba ibitero kuri Iran kandi  byari gukorwa hakoreshejwe ubushobozi bwa gisirikare bukomeye cyane butigeze bugaragara kuva Intambara ya Kabiri y’Isi  yarangira.

Icyakora yavuze  ko guhagarika icyo gitero bigamije  inyungu z’ahazaza h’Isi yose no gufasha Iran gukomeza kubaho no gutera imbere nk’Igihugu gifite ubukungu bukomeye.

Si ubwa mbere Trump akoresha amagambo akomeye nk’aya kuko no ku wa 7 Mata, yari yaburiye Iran ko ishobora kurimbuka mu ijoro rimwe, mu gihe yakwanga ibiganiro by’amahoro. Icyo gihe yanavuze ko ashobora kwibasira ibikorwa remezo by’abaturage n’amashanyarazi, ibintu impuguke zavuze ko ari ibyaha by’intambara.

  • KAMALIZA AGNES
  • Kanama 2, 2026
  • Hashize amasaha 7
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE