Davis Cup 2022: Ikipe ya Togo yatsinze u Rwanda ikomeza mu cyiciro cya gatatu
Kuva taliki 04 kugeza 09 Nyakanga 2022 mu Rwanda habereye imikino y’irushanwa mpuzamahanga mu mukino wa Tennis “Davis Cup 2022 by Rakuten Africa Group IV” yabereye mu bibuga bya “Ecology Tennis Club” bihereye muri IPRC Kigali ku Kicukiro.
Iri rushanwa rikaba ryari muri rwego rwo gushaka itike yo kuzamuka mu cyiciro cya gatatu “Africa Group III”.
Muri iri rushanwa hitabiriye ibihugu 9 aho byashyizwe mu matsinda abiri. Itsinda A ryari rigizwe n’u Rwanda, Uganda, Tanzania na Sudan naho itsinda B rigizwe na Angola, Togo, Congo Brazzaville, RDC na Botswana.
Nyuma y’imikino y’amajonjora mu matsinda, ikipe y’u Rwanda yazamutse iyoboye itsinda A na Togo yazamutse iyoboye itsinda B zahuriye ku mukino wa nyuma kugira ngo hamenyekane ikipe ibona itike yo kuzamuka mu cyiciro cya gatatu “Africa Group III”.
Ikipe ya Togo ni yo yitwaye neza aho yatsinze ikipe y’u Rwanda imikino 3-0 ihita ikomeza mu cyiciro cya gatatu.
Mu mukino wa mbere, Liova Ayite Ajavon (Togo) yatsinze Niyigena Etienne (Rwanda) amaseti 2-0 (6-3 na 6-4). Mu mukino wa kabiri, Thomas Setodji (Togo) yatsinze Habiyambere Ernest (Rwanda) amaseti 2-0 (6-0 na 6-2).

Mu mukino bakina ari babiri, ikipe ya Togo (M’lapa Tingou Akomlo na Hod’abalo isak Padio) yatsinze ikipe y’u Rwanda (Niyigena Etienne na Habiyambere Ernest) amaseti 2-0 (77-65 na 6-2).
Mu mikino yo guhatanira imyanya, ikipe ya RDC yatinze Sudan imikino 3-0, Tanzania itsinda Botswana imikino 2-1 mu guhatanira umwanya wa 5 naho mu gutanira umwanya wa 6 , ikipe ya Angola itsinda Uganda imikino 3-0.
Ikipe ya Togo yasoreje ku mwanya wa mbere ikurikirwa n’u Rwanda, DRC (3), Sudan (4), Tanzania (5), Botswana (6), Angola (7), Uganda (8) na Congo Brazzaville (9).
Nyuma y’iri rushanwa, taliki 25 Nyakanga 2022 muri Cameroun hazabera irindi rushanwa ryo muri iki cyiciro cya kane “Africa Group IV” ahazitabira amakipe 8 ari yo Cameroun, Burundi, Ethiopia, Gabon, Ghana, Mauritius, Nigeria na Senegal aha naho hakomeze ikipe imwe.
Umukinnyi Karenzi Bertin, kapiteni w’ikipe y’u Rwanda yatangaje ko irushanwa muri rusange ryagenze neza. Yakomeje avuga ko bitwaye neza mu mikino y’amajonjora kuko bazamutse nta mukino batsinzwe.

Ati : “Ubu dutsindiwe ku mukino wa nyuma, Togo yaturushije ingufu n’ ubunarariboye kandi baje bashaka kuzamuka mu cyiciro cya gatatu.”
Karenzi avuga ko bari bafite intego yo kuzamu mu cyiciro cya gatatu ariko bidakunze akaba asaba ubuyobozi kubegera bakabafasha gukomeza kwitegura kugira ngo ubutaha bizagende neza.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Rutikanga Slyvain yavuze ko umukino wa nyuma wabagoye cyane ariko iyo baba bariteguye bihagije bari kwitwara neza.
Yakomeje avuga ko Togo yaje yiteguye ishaka kuzamka mu cyiciro cya gatatu aho yazanye abakinnyi bakomeye barimo abakina mu Bufaransa no muri USA.

Agaruka kuri uyu mukino wa nyuma, yagize ati : “Nari maze iminsi nkinisha nimero ya mbere (Karenzi Bertin) na nimero ya kabiri (Habiyambere Ernest) ariko uyu munsi nakinishai nimero 2 (Habinyambere Ernest) na 3 (Niyigena Etienne ) nshaka kugira ngo ntibamenye umukinnyi nkinisha ari nayo mpamvu Niyigena Etienne yagoye uriya mukinnyi wo muri Togo ku mukino wa mbere.”
Umutoza Rutikanga avuga ko ubu bagiye kuganira na RTF kuri gahunda yo gutangira gutegura abakinnyi bakiri kare kuko umwaka utaha bazongera gukina imikino yo gusaka itike yo kuzamuka mu ntera.
Umusifuzi mpuzamahanga, Patrick Kamuhia wari ukuriye iri rushanwa yatangaje ko ryagenze neza aho yashimira RTF ndetse n’u Rwanda muri rusange kuba baragaraje ubushobozi bwo ku rwego rwo hejeru mu kwakira irushanwa nk’iri.

Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Tennis mu Rwanda “RFT”, Karenzi Theoneste yatangaje ko iri rushanwa ryari ribereye mu Rwanda bishimira ko ryagenze neza.
Ati : “ Turishimye ko twaryakiriye rikaba rirangiye neza nta kibazo kibaye. Ni ubwa mbere ryari ribereye muri aka Karere, ni ishema nk’igihugu.”
Perezida wa RTF, Karenzi akomeza avuga ko abakinnyi b’u Rwanda bungukiyemo byinshi kuko babonye ibyo bagomba gukosora.

Agaruka kuri iri rushanwa, Karenzi avuga ko hari inyungu yinshi risigiye u Rwanda abari bafitemo imirimo bose hari icyo binjije ndetse n’ibikoresho byaguzwe byose bizajya byifashishwa mu yandi marushanwa y’imbere mu gihugu.
Perezida wa RTF avuga ko muri 2019 u Rwanda rwazamutse mu cyiciro cya 3, muri 2021 rugasubira mu cyiciro cya 4 ku bw’amahirwe make, ubu bakaba bagiye kwicara barebe aho bitagenze neza kugira ngo ubutaha ikipe y’u Rwanda izazamuke.
Umuyobozi muri Minisiteri ya Siporo “MINISPORTS”, ushinzwe amakipe y’igihugu, Munyanziza Gervais yavuze ko kwakira iri rushanwa riri ku rwego rwo hejuru biri muri gahunda Leta yihaye yo kugira u Rwanda igicumbi cy’imikino bakira amarushanwa menshi mpuzamahanga kuko siporo ifasha mu iterambere ry’ubukungu.

Ati : “Nta mukino rero dushaka ko usigara inyuma, impamvu tutajyaga twakira amarushanwa akomeye muri Tennis nta bikorwa remezo byujuje ibisabwa byari bihari, mu mezi 5 ashize twakiye amarushanwa mpuzamahanga atandukanye hano, ni ibigaragaza ako hari ubushake bwiza bwa Leta ngo imikino izamuke.”
Agaruka ku myitwarire y’ikipe, Munyanziza avugako nubwo bitagenze uko babyifuzaga ariko ikipe yiwaye neza kuba itsindiwe ku mukino wa nyuma ni icyerekana ko yashoboraga no gutsinda.
Kugira ngo umwaka utaha ikipe y’u Rwanda izazamuke mu cyiciro cya gatatu, Munyanziza avuga ko aba bakinnyi bakwiye gukomeza gukurikiranwa bagafashwa kuko kujya mu mwiherero ibyumweru bibiri mbere y’irushanwa biba bidahagije
Ati : “Hakwiye kongerwamo ingufu mu marushanwa yaba ay’imbere mu gihugu n’ahandi kandi nka MINISPORTS tuzakomeza dufanye na RFT kugira ngo aba bakinnyi dukomeze tubakurikirane bityo bazabashe kwitwara neza.”
Muri 2019, ikipe y’u Rwanda yitabiriye iyi mikino Davis Cup 2019” yabereye muri Congo Brazzaville yitwara neza ibona itike yo gukomeza mu itsinda rya III. Muri 2021 ikipe y’u Rwanda yitabiriye “Davis Cup 2021” mu itsinda rya III aho imikino yabereye i Cairo mu Misiri maze ntiyabasha kwitwara neza bituma isubira mu cyiciro cya kane “Group IV”.





