Patrick Vieira yagizwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Senegal
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal ryatangaje ko Umufaransa Patrick Vieira yagizwe Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu y’Abagabo, asimbuye Pape Thiaw.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, ni bwo yahawe izi nshingano, ahabwa amasezerano y’imyaka ine, asimbuye Pape Thiaw wirukanywe nyuma y’umusaruro mubi yagize mu Gikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada, ubwo Senegal yasezererwaga muri 1/16 n’u Bubiligi.
Vieira w’imyaka 50 wavukiye muri Senegal ariko agahitamo gukinira Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, yatoje amakipe atandukanye arimo Genoa yo mu Butaliyani, Strasbourg yo mu Bufaransa na Crystal Palace yo Bwongereza.
Uyu mugabo yamenyekanye cyane akina mu makipe arimo Cannes yo mu Cyiciro cya Gatatu mu Bufaransa, AC Milan, Inter Milan na Juventus zo mu Butaliyani, na Manchester City na Arsenal zo mu Bwongereza.