Casa Mbungo yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali asimbuye Mutebi
Umutoza Casa Mbungo André wari umaze iminsi nta kazi afite nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Bandari FC yo muri Kenya muri Gashyatare 2022, kuri uyu wa Mbere taliki 25 Mata 2022 yagizwe umutoza mukuru w’ikipe ya AS Kigali ahabwa amasezerano y’umwaka umwe asimbuye Mike Hillary Mutebi.
Ikipe ya AS Kigali muri Mutarama 2022 ni bwo yahaye akazi, Mike Hillary Mutebi nk’umutoza mukuru n’umwugiriza we, Jackson Mayanja bombi bakomoka muri Uganda.

Uyu mutoza yari asimbuye, Nshimiyimana Eric wari wirukanwe mu Kuboza 2021 nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 9 wa shampiyona.
Umutoza Mike Hillary Mutebi nubwo yari yasinye amasezerano y’imyaka 2, nyuma y’iminsi 85 gusa yahise yirukanwa nyuma y’uko nawe atsinzwe n’ikipe ya Rayon Sports igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 24 gusa akaba yari amaze igihe atitwara neza nubwo yari yabashije kugeza ikipe ya AS Kigali muri ¼ mu gikombe cy’Amahoro 2022.
Mike Hillary Mutebi waciye mu makipe atandukanye muri Uganda nka Maroons, Villa SC na KCCA asize AS Kigali ku mwanya wa 5 ku rutonde rw’agategamyo rwa shampiyona n’amanota 37. Mu mikino 13, yatsinze 3 atsindwa 3 anganya imikino 7.

Umutoza Casa Mbugo ugarutse muri iyi kipe ku nshuro ya kabiri afite inshingano zo kuyifasha kwitwara neza mu mikino 6 ya shampiyona isigaye ndetse no mu gikombe cy’Amahoro 2022 aho iyi kipe igomba gukina umukino ubanza wa ¼ na Gasogi United kuri uyu wa Kabiri taliki 26 Mata 2022.
Muri 2013, umutoza Casa yahesheje iyi kipe ya AS Kigali igikombe cy’Amahoro ndetse inasohokera igihugu mu mikino y’Afurika.
Uretse ikipe ya AS Kigali, umutoza Casa Mbugo yaciye mu makipe atandukanye hano mu Rwanda arimo Police FC, Kiyovu, Rayon Sports na Gasogi United. Yanatoje andi amakipe yo hanze y’u Rwanda nka AFC Leopards na Bandari FC zo muri Kenya.