Bruce Melodie ategerejwe mu gitaramo cya Gen-Z Comedy Show
Umuhanzi Itahiwacu Bruce Melodie, uri mu bakunzwe mu Rwanda, agiye kongera guhura n’abakunzi be mu gitaramo cy’urwenya kizwi nka Gen-Z Comedy, gisanzwe kibera muri Camp Kigali.
Ni igitaramo kimaze kumenyerwa n’abakunzi b’imyidagaduro kubera guhuza umuziki n’urwenya mu rwego rwo kurushaho kubafasha kuruhuka mu mutwe no kwidagadura byuzuye.
Bifashishije imbuga nkoranyambaga zabo abategura Gen-z Comedy show kuri uyu wa Mbere tariki 07 Nzeri 2026, batangaje urutonde rw’abazasusurutsa abazitabira icyo gitaramo n’abashyitsi bahari bemeza ko Bruce Melodie ari umutumirwa wabo.
Banditse bati: “Banyacyubahiro bakunzi ba Gen-z Comedy show, Bruce Melodie azifatanya na twe kuri uyu wa Kane tariki 10 Nzeri 2026, bizaba ari ibishyushye muzaze kare.”
Uretse kuba Bruce Melodie azaba ari umutumirwa, icyo gitaramo kizasusurutswa n’abanyarwenya batandukanye barimo Kadudu, Clement Inkirigito, Musa na Kandi, Michael Sengazi, Patrick Rusine, Rumi Rwagaju, Umushumba n’abandi.
Bruce Melodie yaherukaga gutaramira muri Gen-Z Comedy, ku wa 5 Mutarama 2025. Icyo gihe yanyuze abakunzi b’icyo gitaramo binyuze mu kuririmba n’ibiganiro yagiranye n’abacyitabiriye abasangiza ibitekerezo byabafasha kurushaho gutera imbere bakoresheje amahirwe ahari.

