APR FC yatsinzwe na ‘Les Aigles du Congo’ muri ‘CAF Champions League’

  • SHEMA IVAN
  • Nzeri 6, 2026
  • Hashize isaha 1
Image

APR FC yatsinzwe na Les Aigles de Congo igitego 1-0 mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League wabereye kuri Stade Frédéric Kibasa Maliba i Lubumbashi, kuri iki Cyumweru, tariki ya 6 Nzeri 2026.

Ni umukino wakinwe nta bafana bari muri stade. APR FC yagiye gukinira muri iki gihugu yanga kubera kwirinda icyorezo cya Ebola. Iyi kipe y’Ingabo ntiyahiriwe n’uyu mukino kuko ku munota wa 45 Sozé Zemanga wa Les Aigles du Congo yatsinze igitego rukumbi cyatumye batakaza umukino.

Uretse gutakaza umukino, Ronald Ssekiganda ukina mu kibuga hagati muri iyi kipe y’Ingabo yeretswe ikarita itukura umukino warangiye, nyuma yo gushyamirana n’abasifuzi, bivuze ko atazakina umukino wo kwishyura.

Umukino wo kwishyura uzabera i Kigali kuri Stade Amahoro, ku wa Gatanu tariki ya 11 Nzeri 2026, guhera saa cyenda.

Ikipe izakomeza hagati ya APR FC na Les Aigles du Congo izahura n’izakomeza hagati ya Zamalek SC yo mu Misiri na AS Port yo muri Djibouti, mu ijonjora rya kabiri rizakinwa mu Ukwakira 2026. 

Abakinnyi APR FC yabanje mu kibuga
APR FC yatsindiwe muri RDC mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League
  • SHEMA IVAN
  • Nzeri 6, 2026
  • Hashize isaha 1
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE