Abapolisi bagiye kujya mu butumwa basabwe kuba ba ambasaderi b’Igihugu

  • KAYITARE JEAN PAUL
  • Werurwe 10, 2026
  • Hashize amezi 2
Image

Itsinda ry’Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), bibukijwe ko ari ba Ambasaderi mu gihugu bagiye gukoreramo akazi batumwe.

Ni impanuro bahawe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa, CP Vincent Sano, mu gihe bitegura kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro i Bangassou muri Repubulika ya Centre Afrique.

Izi mpanuro yazibahereye ku Cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru. Ubutumwa bwa Polisi buri ku rubuga rwa X, bugira buti: “Yabibukije ko ari ba ambasaderi b’Igihugu bagomba kuzakora akazi kabo kinyamwuga, aho bazaba bari hose kugira ngo bazabishobore barasabwa kuzakorera hamwe.”

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, bwanibukije itsinda ry’Abapolisi bagiye kujya muri Repubulika ya Centre Afrique, ko hari bagenzi babo bababanjirije bahesheje ishema Igihugu, bubasaba kuzakomereza aho bagejeje ndetse bakanarushaho.

Amafoto: RNP

  • KAYITARE JEAN PAUL
  • Werurwe 10, 2026
  • Hashize amezi 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE