10 August 2022
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Basketball: Kigali Titans yabonye umuterankunga “Afwego Inc” uzatanga miliyoni 30

29 July 2022 - 18:03
Basketball: Kigali Titans yabonye umuterankunga “Afwego Inc” uzatanga miliyoni 30
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Kigali Titans BBC yegukanye shampiyona y’icyiciro cya kabiri ikanabona itike yo kuzakina shampiyona y’icyiciro cya  mbere umwaka utaha (2022-2023) yabonye umuterankunga “Afwego Inc” mu gihe cy’umwaka umwe aho iyi kipe izahabwa miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda.

Kuri uyu wa Gatanu taliki 29 Nyakanga 2022 ni bwo  hasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati y’ikipe ya Kigali Titans BBC na Afwego Inc, umuhango wabereye ku cyicaro cya Afwego Inc  muri Tele 10 ku Gishushu.

Aya masezerano yasinywe  n’umwe mu bashinze akaba n’Umuyobozi mukuru wa Afwego Inc, Azizi Kafiro na Perezida w’ikipe ya Kigali Titans BBC, Ruboneza Eugene Junior.

Umuyobozi mukuru wa Afwego Inc, Azizi Kafiro (iburyo) na Perezida w’ikipe ya Kigali Titans BBC, Ruboneza Eugene Junior (ibumoso)

Nyuma yo gusinya aya masezerano,  Umuyobozi mukuru wa Afwego Inc, Azizi Kafiro yavuze ko Kigali Titans BBC yabagejejeho igitekerezo bagasanga ari ikipe nziza ifite intego zihamye bagahitamo kuyifasha kugira ngo izatere imbere mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Yakomeje avuga ko Afwego Inc yakoreraga muri USA n’i Dubai ariko bifuje kuza mu Rwanda gufasha abakora ubushabitsi kubikora neza bifashishije ikoranabuhanga rigezweho kugira ngo babone umusaruro.

Perezida w’ikipe ya Kigali Titans BBC, Ruboneza Eugene Junior atangaza ko aya masezerano azatuma ikipe imenyekana kuko bazabafasha mu buryo bw’ikoranabuhanga rigezweho. Yakomeje avuga ko ikipe izajya yambara ku myenda ibirango bya  Afwego Inc mu kibuga no hanze y’ikibuga.

Perezida w’ikipe ya Kigali Titans BBC, Ruboneza Eugene Junior

Yagize ati : “Ibikorwa byabo tuzajya tubigaragaramo na bo bagaragare mu byacu”.

Ruboneza Eugene avuga ko Afwego Inc izabafasha kubona abandi  baterankunga yaba ab’imbere mu gihugu ndetse no hanze. Yagize ati : “Hari abo turimo kuvugana, buriya nibirangira twamaze kumvikana tuzabamenyesha.”

Nelson Nwankwo ushinzwe  ibijyanye na Tekinike muri Afwego Inc   yavuze  ko bakora ibijyanye no gufasha abantu bakora ubushabitsi kubaka imbuga bashobora no gukoresha mu bucuruzi n’ibindi kandi mu buryo bworoshye. Akomeza avuga ko  icyicaro cyabo muri Afurika kizaba kiri i Kigali kuko basanze mu Rwanda   bitabira  gukoresha ikoranabuhanga mu bintu bitandukanye.

Advertisement
Imvaho Nshya

Imvaho Nshya

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

August 10, 2022
APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

August 10, 2022
Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

August 10, 2022
Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

August 9, 2022
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.