Rugby:  Ikipe y’u Rwanda yatsinze ikipe yaturutse mu Bwongereza 

  • Imvaho Nshya
  • Kamena 19, 2022
  • Hashize imyaka 4
Image

Rwanda 21-20 FoRR

Ishyirahamwe  ry’umukino wa Rugby mu Rwanda “RRF” rifitanye imikoranire n’itsinda ry’abantu bo mu Bwongereza  “Friends of Rwandan Rugby (FoRR)” aho bafasha mu kuzamura umukino wa Rugby  binyuze mu mashuri  ndetse no gukangurira abaturage  muri rusange gukora siporo kugira ngo bagire ubuzima bwiza.

Taliki 17 Kamena 2022, ikipe y’ iri tsinda, FoRR  nyuma y’iminsi  iri mu Rwanda yakinnye umukino wa gicuti n’ikipe y’igihugu mu cyiciro cy’abakina ari 15.

Uyu mukino wabereye  ku kibuga cya Croix Rouge ku Kacyiru warangiye ikipe y’u Rwanda itsinze FoRR ibitego 21 kuri 20.

Nyuma y’uyu mukino, umutoza w’ikipe y’igihugu,  Kamali Vincent yatangaje ko wari umukino utoroshye  ndetse ko wabagoye cyane kuko abakinnyi bahuye na bo bakomeye.

Yakomeje avuga ko ibanga yakoresheje ari ukubwira abakinnyi be ngo bakine umukino wo guhanahana bakihutisha umupira kuko  abakinnyi ba FoRR  kubinjiramo byari bigoye kuko  bafite imbaraga.

Perezida wa RRF, Kamanda Tharcisse yatangaje ko uyu mukino wabafashije gusuzuma uko ikipe y’igihugu ihagaze. Yakomeje avuga ko yari umwanya mwiza wo kureba ibibura kugira ngo bagire abakinnyi bakomeye.

Ikipe ya  FoRR  mbere yo gukina n’ikipe y’igihugu yitabiriye irushanwa mpuzamahanga  mu cyiciro cy’abakina ari 7 “Big Ant Studios Rugby 7s Tournament 2022” ryabaye taliki 11 na 12 Kamena 2022.

Nyuma y’uyu mukino abagize iri tsinda  uko ari 20 bahise basubira iwabo mu Bwongereza.

Amafoto

  • Imvaho Nshya
  • Kamena 19, 2022
  • Hashize imyaka 4
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE