Kung Fu: Uwiragiye Marc yongeye gutorerwa kuyobora RKWF
Uwiragiye Marc wari usanzwe ari Perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Kung Fu Wushu mu Rwanda “RKWF” kuva muri 2017 yongeye gutorerwa uyu mwanya muri manda ya kabiri.
Ku Cyumweru taliki 08 Werurwe 2022 ni bwo habaye inama y’Intego Rusange isanzwe ya RKWF ibera muri Centre Missionnaire Lavigerie mu mujyi wa Kigali.
Muri iyi nama hemejwe inyandiko mvugo y’inama rusange ya 2019, kuko ari yo yaherukaga. Hagaragajwe raporo y’ibikorwa byaranze RKWF muri iyi myaka itanu ishize 2017-2021. Abanyamuryango kandi banunguranye ibitekerezo ku itegeko shingiro n’amategeko ngengamikorere.
Abagize Komite nyobozi nshya
Abanyamuryango ba RKWF batoye Komite nyobozi nshya igizwe na Uwiragiye Marc nka Perezida. Hatowe kandi Visi Perezida, Habiyambere Philbert. Umunyamabanga Mukuru hatorwa Havugimana Emmanuel na ho Dushimiyimana Pauline atorerwa kuba Umubitsi.
Muri Komite Nkemurampaka hatowe Karengera Alphonse, Hakizimana Shaffy na Rwagasana John na ho Komite Ngenzuzi hatorwa Kalisa Eric, Muhawenimana Deo na Ndagijimana Fils.

Iyi Komite nyobozi nshya mu minsi 7 iri imbere ni bwo izatangariza abanyamuryango abagize Komisiyo Tekinike na Komisiyo y’abasifuzi.
Muri iyi nama y’Inteko Rusange bagarutse ku bikorwa byakozwe mu myaka 5 ishinze nubwo bakomwe mu nkokora na COVID-19.
Muri byo harimo amarushanwa yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 aba buri mwaka. Muri 2018 na 2019 irushanwa ryitabiriwe n’ibihugu byo muri aka Karere k’Afurika y’Iburasirazuba.
Hari irushanwa ry’abana bato ryatangijwe muri 2019 “Junior Wushu Ambassador’s Cup 2019” rikazajya riba buri mwaka gusa muri 2020 na 2021 ntiryabashije kuba kubera COVID-19. Ubwo ryabaga muri Nyakanga 2019, ikipe ya Black Eagle yo mu Karere ka Ngoma ni yo yitwaye neza yegukana imidali 16 ikurikirwa na Black Scorpion yo mu Karere ka Kayonza yegukanye imidali 15 mu gihe ikipe ya 3 yabaye Mantis Academy ibarizwa mu Mujyi wa Kigali yegukanye imidali 9.
Iri rushanwa ryabereye mu Kigo cy’Urubyiruko ku Kimisagara rihuza abana 175 bafite hagati y’imyaka 4 na 15 bari baturutse mu makipe 15 muri 24 abarizwa mu Rwanda. Aba bana barimo abahungu 111 n’abakobwa 64.
RKWF itegura kandi buri mwaka shampiyona y’igihugu, irushanwa risoza umwaka w’imikino.
Uretse aya marushanwa yabereye imbere mu gihugu hari n’andi yabereye hanze harimo irushanwa ribera muri Tanzania aho u Rwanda rwitabiriye inshuro 3 kandi rukitwara neza.
Mu Kwakira 2019, u Rwanda rwitabiriye ku nshuro ya mbere shampiyona y’Isi mu mukino wa Kung Fu Wushu “World Wushu Championships 2019”, yabereye mu mujyi wa Shanghai mu Bushinwa. Abakinnyi 2 b’u Rwanda, Havugimana na Kwizera Claudien ni bo baserukiye u Rwanda.


Abatoza 19 n’abakinnyi 20 bo mu Rwanda mu mukino wa Kung Fu Wushu muri Nzeri 2019 bakoze amahugurwa y’ibyumweru bibiri aho bahuguwe n’abatoza b’inzobere baturutse mu Bushinwa, Yang Tianyu na Chen Liwei. Aya mahugurwa akaba yarahuriranye n’imyiyereko yabereye muri Kigali Convention Centre taliki 15 Nzeri 2019 mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 70 ya Repubulika ya rubanda rw’Abashinwa ndetse n’imyiyereko yabereye muri Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda taliki 20 Nzeri 2019.

Muri Mutarama 2019, itsinda ryari rigizwe n’abakinnyi bakiri bato 15 bitabiriye mu iserukiramuco “Global Spring Festival 2019” mu mujyi wa Changsha mu ntara ya Hunan mu Bushinwa aho abana bahuye imbonankubone n’icyamamare mu mukino wa Kung Fu akaba anakina filimi, Chan Kong-Sang uzwi nka Jackie Chan.

Muri Gicurasi 2020, RKWF ku nkunga ya Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda bafashije imiryango y’abakinnyi yagizweho ingaruka n’icyorezo cya COVID-19. Iyi nkuga yari irimo umuceri, ifu y’ibigori, ibishyimbo n’isukari yatwaye agera kuri miliyoni 24 z’amafaranga y’u Rwanda ikaba yarahawe imiryango igera kuri 402 ivuye mu makipe 23 yo mu gihugu hose.

RKWF ku nkunga nanone ya Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, yageneye ibikoresho by’ibanze amakipe 25 yemewe mu Rwanda byo kubafasha kwirinda kugira ngo bizayafashe kugera ku ntego biyemeje yo gukina Kung Fu birinda icyorezo cya COVID 19. Buri kipe ikaba yarahawe kandagira ukarabe ndetse n’akuma gapima umuriro.
Mu Gushyingo 2020, RKWF batangije gahunda yo kwitabira “Car Free Day” mu rwego rwo kumenyekanisha umukino no gushishikariza abantu gukora siporo.

Perezida wa RWKF, Uwiragiye avuga ko muri iyi myaka itanu iri imbere we na bagenzi be bagomba kwibanda cyane kuri gahunda ya Kung Fu Wushu mu mashuri.
Ati : “Muri manda irangiye ni cyo gikorwa gikomeye twateganyaga gukora ariko ntabwo byatworoheye kuko twasanze ari umushinga muremure usaba imbaraga ndetse n’ubushobozi ndetse ko hari byinshi tugomba kubanza kubaka kugira ngo tugere kuri urwo rwego.”
Akomeza avuga ko muri iyi manda nshya iyi gahunda iri mu byo bazitaho kuko Kung Fu Wushu nigera mu mashuri ari bwo bazabona iterambere ry’umukino mu buryo burambye kandi buhoraho.
Perezida wa RKWF, Uwiragiye avuga ko ubu mu Rwanda hari amakipe 31. Muri 2019 na 2020 mu ibarura ryakozwe basanze abakinnyi bitabira imyitozo ari 2241 naho abakinnye cyangwa banyuze muri uyu mukino kaba barenga ibihumbi 4. Uwiragiye akaba avuga ko uyu munsi babara ko bafite abantu barenga ibihumbi 10 bazi umukino wa Kung Fu.


