Uganda: Ubucuruzi bwagizweho ingaruka n’itegeko rirwanya abatinganyi
Amerika yasohoye ubujyanama ku bucuruzi bwa Uganda kuri uyu wa 23 Ukwakira, ivuga ko bwahuye n’ingaruka zishobora no kuba zakwiyongera, bitewe n’itegeko rirwanya abatinganyi (LGBTQ) ryamaganwe n’ibihugu byinshi ndetse n’Umuryango w’Abibumbye.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza “Reuters” banditse ko iyi nama yatanzwe n’ishami rya Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Ishami ry’umurimo, ubuzima, serivisi n’ubucuruzi, hamwe n’ikigo cy’Amerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga.
Iri tegeko ryamaganywe na Guverinoma z’Iburengerazuba, harimo na Washington, ndetse na Banki y’Isi kandi bimwe mu bihugu byahagaritse amamiliyari y’amadolari y’inkunga z’amahanga iki gihugu cyakiraga buri mwaka.
Muri Kamena, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yashyizeho amategeko ahagarikira ingendo abayobozi ba Uganda nyuma yo gutora aya mategeko.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kandi yavuguruye uburyo bw’ingendo muri Uganda ku baturage b’Amerika kugira ngo bagaragaze impungenge z’abantu ba LGBTQ.
Amategeko arwanya LGBTQ, muri Uganda afatwa nk’amwe mu yakaze ku Isi yashyizweho muri Gicurasi kandi atanga igihano cy’urupfu kubera ‘ubutinganyi bukabije’ n’icyaha gikubiyemo kwanduza virusi itera SIDA binyuze mu mibonano mpuzabitsina.
Iri tegeko rivuga ko ibigo birimo Itangazamakuru n’imiryango itegamiye kuri Leta biteza imbere ibikorwa bya LGBTQ, bizacibwa amande akomeye. Riteganya kandi igifungo cya burundu ku baryamana bahuje igitsina n’igifungo cy’imyaka 20 kubera guteza imbere abaryamana bahuje igitsina.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yavuze ko iri tegeko ryashyize ahagaragara ihohoterwa rikorerwa abantu ba LGBTQ, cyane cyane ku bantu ku giti cyabo.
KAMALIZA AGNES