RDC: Abakandida 24 bazahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu

  • Imvaho Nshya
  • Ukwakira 20, 2023
  • Hashize imyaka 3
Image

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Céni) yatangaje urutonde rw’agateganyo rw’abakandida 24 biyandikishije mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe ku ya 20 Ukuboza 2023.

Ibi ni ibigaragara ku rutonde rwashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatanu, ariko rukaba rugomba gusuzumwa n’Urukiko Rushinzwe kurinda Iremezo ry’Itegeko Nshinga.

Urutonde rw’abakandida bemewe ruzashyirwa ahagaragara ku ya 18 Ugushyingo.

Muri kandidatire z’agateganyo zakiriwe na Komisiyo y’Amatora (Céni) hagati ya 9 Nzeri na 8 Ukwakira harimo n’iya  Perezida uriho, Félix Tshisekedi, uri ku butegetsi kuva muri Mutarama 2019 aho ashaka  kwiyamamariza indi manda nshya y’imyaka itanu.

Umuhanga mu bya politiki muri Congo Christian Moleka yavuze ko abatavuga rumwe   n’ubutegetsi bakwiye gushyiraho umuntu umwe ushobora guhangana na Tshisikedi muri bo harimo Dr Denis Mukwege, wegukanye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu mwaka wa 2018; Moïse Katumbi, umucuruzi ukize akaba yarahoze ari Guverineri wa Katanga (mu majyepfo y’iburasirazuba); Martin Fayulu, umukandida watsinzwe amatora ya Perezida mu 2018, Depite Delly Sesanga n’uwahoze ari  Minisitiri w’Intebe Adolphe Muzito ndetse  na Augustin Matata Ponyo.

Mu bakandida 24 biyandikishije, umwe gusa ni umugore, Marie-Josée Ifoku Mputa, aho yabaye n’umukandida mu matora ya Perezida yo mu Kuboza 2018.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu azajyana n’amatora y’Abadepite, aho hakiriwe kandidatire ibihumbi.

Umwuka wa Politiki muri Congo umaze igihe utifashe neza aho amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi avuga ko nta Demokarasi kandi ko amatora shobora kuzarangira mu buriganya.

KAMALIZA AGNES

  • Imvaho Nshya
  • Ukwakira 20, 2023
  • Hashize imyaka 3
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE