Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya UR

  • SHEMA IVAN
  • Nyakanga 31, 2026
  • Hashize amasaha 2
Image

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa 30 Nyakanga 2026, yakiriye Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Kaminuza y’u Rwanda (UR) Dr. Pradeep K. Khosla na Ivan Murenzi, umwungirije.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame na Dr. Pradeep baganiriye ku cyerekezo cya UR ndetse n’ahashyizwe imbaraga mu kwimakaza ireme ry’uburezi, ubushakashatsi no guhanga ibishya binyuze mu gutanga ubumenyi bukenewe mu gushyigikira imibereho myiza n’iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda.

Kaminuza y’u Rwanda (UR) yashinzwe mu mwaka wa 2013, ifite intego yo guteza imbere Igihugu binyuze mu gutanga uburezi bufite ireme, gukora ubushakashatsi, no gutegura abayobozi bashoboye gukemura ibibazo by’abaturage.

U Rwanda rushyize imbere iterambere rishingiye ku bumenyi n’ikoranabuhanga ndetse gahunda y’Igihugu y’imyaka itanu igamije kwihutisha iterambere iteganya ko abaturage bose bazaba bafite ubumenyi ku ikoranabuhanga mu 2029, mu gihe abandi miliyoni 1 bazaba barigishijwe ubumenyi mu byerekeye ‘coding’.

Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Kaminuza y’u Rwanda, UR, Dr. Pradeep K. Khosla
  • SHEMA IVAN
  • Nyakanga 31, 2026
  • Hashize amasaha 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE