Panthère Sportive du Ndé izacakirana na Rayon Sports yageze i Kigali
Ikipe ya Panthère Sportive du Ndé yo muri Cameroun yageze mu Rwanda aho izakirwa na Rayon Sports mu mukino wo kwishyura mu ijonjora ry’ibanza rya CAF Confederation Cup.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, tariki ya 10 Nzeri 2026, ni bwo abakinnyi, abatoza n’abaherekeje iyi kipe bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, i Kanombe.
Iyi kipe yageze mu Rwanda nyuma y’umunsi umwe hari irindi tsinda ry’abayihagarariye ryabanje kugera i Kigali, kugira ngo ritegure urugendo rwayo.
Umukino ubanza wabereye muri Cameroun warangiye amakipe yombi yanganyije igitego 1-1, uwo kwishyura uteganyijwe ku wa Gatandatu, tariki ya 12 Nzeri 2026, Stade Amahoro guhera saa kumi n’ebyiri zuzuye.
Ikipe izakomeza hagati ya Rayon Sports na Panthère Sportive du Ndé izahura n’izaba yakomeje hagati ya Atomic Ngomé yo mu Birwa bya Comores na African Black Bulls yo muri Mozambique mu ijonjora rya kabiri rizakinwa mu Ukwakira.

