Madamu Jeannette Kagame yafunguye Inzu y’Amateka ya Jenoside ku Rwibutso rwa Ntarama

  • SHEMA IVAN
  • Gicurasi 30, 2026
  • Hashize amasaha 3
Image

Madamu Jeannette Kagame yafunguye ku mugaragaro Inzu y’Amateka y’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 30 Gicurasi 2026, aho cyabanjirijwe no gushyira Indabo ku mva ndetse no kunamira Abatutsi barenga 5 000 bazize Jenoside, bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Ntarama.

Iyo nzu y’amateka yitezweho umusanzu uzafasha mu kubika, kubungabunga no kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no kurinda ku buryo itazongera kubaho ukundi. Umuyobozi ushinzwe kwibuka no kurwanya Jenoside muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Ingabire Veneranda yavuze ko ari inzu irimo amateka y’ibyiciro 3.

Ati: “Ni inzu irimo amateka navuga ko ari mu bice bitatu, ni inzu igaragaza amateka y’igihe Abanyarwanda babanaga neza, ikagaragaza isenyuka ry’ubumwe bw’Abanyarwanda, ikagaragaza mu gihe cy’ubukoloni uko byagenze, muri Repubulika ya 1 n’iya 2.

Igice cya kabiri hatwereka uburyo Jenoside yateguwe cyane cyane mu gace k’u Bugesera n’uburyo yashyizwe mu bikorwa.

Igice cya gatatu kikatwereka uburyo Jenoside yahagaritswe n’ingabo zari iza RPA- Inkotanyi ndetse n’urugendo rwo kwiyubaka rw’umuryango nyarwanda.”

Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama rubaye urwa gatatu mu Gihugu rufite Inzu y’Amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’urwa Kigali ku Gisozi n’urwa Murambi mu Karere ka Nyamagabe.

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu yavuze ko hanatangiye gahunda yo kubaka Inzu z’Amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ku nzibutso umunani zo ku rwego rw’Igihugu, haherewe ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyange.

Madamu Jeannette Kagame yafunguye Inzu y’Amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi iri ku Rwibutso rwa Ntarama
Inzu y’Amateka iri ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama yashyizwemo ibimenyetso byo mu byiciro bitatu
  • SHEMA IVAN
  • Gicurasi 30, 2026
  • Hashize amasaha 3
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE