Cricket: Harimo kubakwa ikibuga gishya i Gahanga
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino wa Cricket mu Rwanda “RCA” butangaza ko ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo “MINISPORTS” i Gahanga ahasanzwe hari ikibuga mpuzamahanga harimo kubakwa ikindi gishya.
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri RCA, Byiringiro Emmanuel atangaza ko iki kibuga cyatangiye kubakwa ndetse ko kizarangira mu minsi ya vuba kuko kizakoreshwa mu gihe u Rwanda ruzaba rwakiriye inama y’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza “CHOGM” kuva taliki 20 kugeza 26 Kamena 2022.

Akomeza avuga ko imirimo irimo kwihutishwa ku buryo kizaba cyarangiye nubwo kitazaba kiri ku rwego nk’urw’ikibuga gisanzwe.
Byiringiro avuga ko iki kibuga kizashyirwamo ubwatsi bwari muri Sitade Amahoro ndetse n’amatara kuko iyi Sitade ubu irimo kuvugururwa. Ibikorwa byose bikaba bizarangira bitwaye miliyoni 500 z’amafaranga y’u Rwanda.
Agaruka kuri ibi bikorwa, yasobanuye ko bifuza kugira u Rwanda igicumbi cy’umukino wa Cricket muri aka Karere kandi ko uko ibibuga bigenda biboneka bituma umukino uzamuka n’abakinnyi bakazamura urwego rwabo.
Kugeza ubu u Rwanda rufite ibibuga bibiri bishobora kwakira imikino mpuzamahanga birimo ikibuga cya Gahanga ndetse n’icyo muri IPRC Kigali ku Kicukiro.


