09 February 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yasoje imikino y’igikombe cy’Isi itsinda West Indies

23 January 2023 - 01:44
Cricket: Ikipe y’u Rwanda yasoje imikino y’igikombe cy’Isi itsinda West Indies

Ikipe y'u Rwanda yasoje imikino y'igikombe cy'Isi yitwara neza

Share on FacebookShare on Twitter

West Indies 70-71 Rwanda

India 60-59 Sri Lanka

Taliki 23-01-2023

Pakistan-Ireland (NW University Oval-13h45)

UAE-Australia (JB Marks Oval-13h45)

Ikipe y’u Rwanda yitwaye neza isoza imikino yayo mu irushanwa ry’ igikombe cy’Isi muri Cricket mu  cyiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 19 “ICC U-19 Women’s T20 World Cup 2023” itsinze ikipe ya West Indies.

Uyu mukino wabaye ku Cyumweru taliki 22 Mutarama 2023 ukaba wari umukino wa nyuma ku ikipe y’u Rwanda  mu mikino y’icyiciro cya kabiri cy’amakipe 12 “Super 6”.

Muri uyu mukino, ikipe ya West Indies ni yo yatangiye ikubita agapira ishaka amanota “Batting”, ubwo yari imaze gukora  amanota 70 mu dupira 99 (16.3 Overs), abakinnyi  bose basohowe mu kibuga (10 Wickets).

Mu gice cya kabiri, ikipe y’u Rwanda yasabwaga amanota 71 kugira ngo yegukane intsinzi yatangiye gukubita agapira “Batting” amaze mu dupira 110 (18.2 Overs) ikora amanota 71 mu gihe abakinnyi 6 ari bo basohowe mu kibuga (6 Wickets).


Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda, Ishimwe Gisele  ni we wahawe igihembo cy’umukinnyi witwaye neza mu mukino aho yatsinze amanota 31 mu dupira 53.

Muri iyi mikino y’icyiciro cy’amakipe 12, ikipe y’u Rwanda yari mu itsinda rya kabiri “Group 2” na New Zealand, Ireland, England, Pakistan na West Indies. Mu mukino wa mbere ikipe y’u Rwanda yari yatsinzwe na New Zealand mbere yo gukina na West Indies. Gusa iyi kipe mu mikino y’amatsinda  yari yitwaye neza itsinda Zimbabwe  aho zari kumwe mu itsinda B.

Nyuma yo gusoza urugendo mu mikino y’igikombe cy’Isi, Kapiteni w’ikipe  y’u Rwanda, Ishimwe Gisele yavuze ko gutsinda West Indies bitari byoroshye kuko ari ikipe ikomeye n’ubwo na bo bakomeye. Ati : “Twahatanye kugera ku munota wa nyuma birangira tubatsinze.”

Kapiteni w’ikipe  y’u Rwanda, Ishimwe Gisele

Yakomeje avuga ko muri iyi  mikino bahungukiye byinshi birimo ubunararibonye kuko bakinnye n’amakipe bigaragara ko hari icyo  abarusha.

Ati: “Hari ibyo twabigiyeho, turasaba abayobozi rero ko  bajya badushakira imikino n’amakipe nk’aya  kuko twabonye ko bataturusha ibintu byinshi uretse ubunararibonye gusa.”

Kapiteni  w’ikipe  y’u Rwanda, Ishimwe Gisele yashimiye abafana bababaye hafi muri iki gihe cy’imikino. Ati: “Turabashimira baradushyigikiye rwose yaba abasigaye mu rugo n’abo twasanze muri Afurika y’Epfo, batubaye hafi baradushyigikira twatsinze cyangwa twatsinzwe, barakoze cyane turabashimira.”

Umutoza  Mukuru w’ikipe y’u Rwanda,  Leonard Nhamburo yavuze ko bishimishije gutsinda ikipe ikomeye nk’iyi  kuko iba  ifite ubushobozi kandi yariteguye bihagije kubarenza.

Agaruka kuri uyu mukino yavuze ko  mbere y’umukino   yabwiye abakinnyi  ko nta cyo ikipe  bagiye gukina ibarusha ko ikipe iyo ari yo yose bakina neza kandi bakayitsinda.

Ati : “Umukino wari mwiza, abakinnyi  bacu batera udupira (Bowlers) bakinnye neza cyane.”

Umutoza Leonard Nhamburo yakomeje avuga ko gutsinda Zimbabwe na West Indies ari ikintu gikomeye asaba ishyirahamwe ry’umukino wa Cricket mu Rwanda “RCA”  gukomeza ibikorwa byo guteza imbere umukino ubundi aba bakinnyi bagakomeza kwitabwaho.

Uyu mutoza  na we yashimiye abafana. Ati : “Batumye twiyumva nk’abari mu rugo,  baduteye imbaraga, kwitwara neza kwacu  na bo babigizemo uruhare.”

Uyu mukino wa nyuma ndetse n’indi yabanje u Rwanda rwakinnye witabiriwe n’Abanyarwanda baba muri Afurika y’Epfo aho babaga baje gushyigikira ikipe.

 Umwe mu Banyarwanda bari baje gushyikira ikipe y’u Rwanda ku mukino wa West Indies , Umutoni Sifa  yatangaje ko bishimiye cyane uko ikipe yitwaye ukurikije uko ikirere cyari kimeze ariko bakihangana.

Umutoni Sifa

Yakomeje avuga ko bishimishije cyane kuba ikipe y’abakobwa ikora ibintu nk’ibi bikaba byerekana ko na bo bashoboye akaba ashishikariza ababyeyi kureka abana b’abakobwa na bo  bagakina imikino bafitemo impano kuko barashoboye.

Perezida wa RCA, Musaale Stephen  yavuze ko  abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda bitanze bikomeye bahesha ishema igihugu.

Yashimiye abafana uburyo bashyigikiye ikipe kuva ku mukino wa mbere kugera ku mukino wa nyuma.

Undi mukino wabaye, mu itsinda rya mbere “Group 1”, ikipe ya India yatsinze  Sri Lanka.

Nyuma y’iyi mikino y’umunsi mu itsinda rya mbere “Group 1”,  ikipe ya India ni yo iyoboye urutonde aho yanabonye itike ya ½ cy’irangiza naho mu itsinda rya kabiri “Group 2”, ikipe ya England ni yo iyoboye urutonde.


Imikino iteganyijwe

Kuri uyu wa Mbere taliki 23 Mutarama 2023 hateganyijwe imikino ibiri aho Pakistan ikina na Ireland muri North-West University Oval (13h45) naho ikipe ya UAE ikine na Australia muri JB Marks Oval (13h45).

Advertisement
BUGINGO Fidele

BUGINGO Fidele

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

February 8, 2023
Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

February 8, 2023
Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

February 8, 2023
Siriya: Hatabawe uruhinja rwavukiye mu nyubako yasenywe n’umutingito

Siriya: Hatabawe uruhinja rwavukiye mu nyubako yasenywe n’umutingito

February 8, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.