Abana b’ingagi 438 bamaze kwitwa amazina mu myaka 20

  • NYIRANEZA JUDITH
  • Nzeri 4, 2026
  • Hashize amasaha 3
Image

Kwita izina ingagi ni umuhango ushingiye ku muco nyarwanda, aho Abanyarwanda bita abana babo, bigakorwa mu birori byitabirwa nabo mu muryango ndetse n’inshuti. Mu myaka 20 ishize abana b’ingagi 438 bakaba ari bo bamaze kwitwa amazina. Ni umuhango ngarujamwaka ubera mu Kinigi, mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.

Umuhango wo kwita ingagi amazina ukorwa mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije by’umwihariko kwita ku mibereho yazo. Ingagi zo mu misozi bitewe nuko zarimo zikendera, u Rwanda rwihaye gahunda yo kuzibungabunga no kuzimenyekanisha ku Isi.

Mu 2005, ni bwo hatangiye Kwita izina, hiswe abana 23, guhera ubwo biba ngarukamwaka, aho abita amazina baba ari abantu b’ibyamamare, baba baturutse hirya no hino ku Isi.

Ku nshuro ya 2, ku itariki 17 Kamena 2006 hiswe amazina abana b’ingagi 12. Umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi mu mwaka wa 2007 wabaye ku nshuro ya gatatu, ku wa 30 Kamena 2007, hiswe amazina abana b’ingagi 23.

Mu 2008, umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 20 wabaye ku nshuro ya 4 wabaye ku tariki ya 21 Kamena 2008. Ku nshuro ya gatanu, ingagi zahawe amazina zari 18 bikorwa ku itariki ya 20 z’ukwezi kwa 6 mu 2009. Uwo muhango wahuriranye n’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bidukikije ryawitiriye ingagi.

Mu 2010, umuhango wabaye ku nshuro ya 6 wo Kwita Izina wabaye ku tariki ya 5 Kamena, uhuzwa n’Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije wizihirijwe mu Kinigi mu Karere ka Musanze. Muri uyu muhango wo mu 2010, abana b’ingagi 11 ni bo bahawe amazina.

Mu 2011, abana b’ingagi 22 ni bo bahawe amazina. Naho mu 2012 ku itariki ya 16 Kamena, hiswe abana b’ingagi 19 ku nshuro ya 8.

Abana b’ingagi 12 ni bo bahawe amazina ku ya 22 Kamena 2013, umuhango wari ubaye ku nshuro ya 9.

Mu 2014, abana b’ingagi 19 ni bo bahawe amazina, naho mu 2015 hitwa abana b’ingagi 24 ni bo bahawe amazina.

Ku nshuro ya 12, mu 2015, hiswe amazina abana b’ingagi 19 naho ku nshuro ya 13 mu 2016, abana 19 ni bo bahawe amazina.

Mu mwaka wa 2017, ku nshuro ya 14, abana b’ingagi 14 ni bo biswe amazina.Ku itariki ya 7 Nzeri 2018, abana b’ingagi 23 ni bo biswe amazina. Tariki ya 18 Kamena 2019, hiswe abana 25 b’ingagi.

Mu mwaka wa 2020, bitewe n’icyorezo cya Covid- 19, umuhango wo Kwita izina wakozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga, aho abana 24 bahawe amazina ku ya 24 Nzeri.

Ku ya 24 Nzeri 2021, hiswe abana b’ingagi 24. Mu 2022, tariki ya 2 Nzeri, hiswe abana b’ingagi 20 naho mu 2023 abana b’ingagi 12 ni bo bahawe amazina

Ku nshuro ya 19, ku itariki ya 18 Ukwakira 2024, hari hateganyijwe kwita izina abana b’ingagi 22, umuhango wo kwita izina warasubitswe kubera ibihe byo guhangana n’icyorezo cya Marburg.

uKu nshuro ya 20, uwo muhango ukorerwa icya rimwe no kwita izina abana b’ingagi bavutse mu 2024 na 2025 umuhango uba ku ya 5 Nzeri 2025, bose hamwe abahawe amazina bari 40.

Ku nshuro ya 21, mu birori biteganyijwe kuri uyu wa 4 Nzeri, abana 22 b’ingagi no bo bitwa amazina.

Ishusho y’ubukerarugendo mu myaka 20

Mu mwaka wa 2024 ubukerarugendo bwinjirije igihugu amadolari ya Amerika asaga 647 avuye kuri miliyoni 620 z’amadolari ya Amerika mu 2023.

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB, rugaragaza ko kuva mu 2005, mu bice bituriye Pariki y’Ibirunga, hamaze gutangizwa imishinga 659 y’agaciro k’asaga miliyari 5,5 Frws muri iyo yose yakozwe irenga 50% yatewe inkunga mu rwego rw’ubuhinzi.

Kuva mu 2018 u Rwanda rwatangije gahunda igamije guteza imbere ubukerarugendo no kumenyekanisha igihugu, ‘Visit Rwanda’ imaze kuba inkingi ikomeye kuko yagize uruhare mu kuzamura urwo rwego.

Raporo ya RDB igaragaza ko 27% by’ayinjijwe yaturutse ku bukerarugendo bushingiye ku ngagi aho bwinjije asaga miliyoni 200 y’amadolari ya Amerika.

Pariki zo mu Rwanda mu 2024 umubare w’abazisura wazamutseho 10,7 % n’amafaranga yinjizwa nazo azamukaho 8,5% ibishimangira imbaraga Leta y’u Rwanda yashyize mu kugbungabunga urusobe rw’ibinyabuzima bibarizwa muri Pariki zo hirya no hino mu gihugu.

10% by’amafaranga ava mu bukerarugendo ateza imbere imibereho y’abaturiye Pariki

Jean Guy Afrika, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu cy’Iterambere RDB, yagarutse ku kuntu umusaruro uva mu bukerarugendo ugera no ku baturage, bigahindura imibereho yabo.

Yagize ati: ‘Kuva gahunda yo gusaranganya inyungu ziva mu y’ubukererugendo mu myaka 20 ishize 10% by’umusariro wa Pariki ajya mu mishinga y’abaturage baturiye Pariki.

Kugeza ubu imishinga ifite agaciro ka miliyari 18 Frw yakoreshejwe mu kwegereza ibikora remezo abaturage hubakwa amashuri, amavuriro, amasoko n’inzu zo guturamo. Ibyo bikorwa bigabanya amakimbirane hagati y’inyamaswa n’abaturage ndetse kubibungabunga bigafasha abaturage kugira imibereho myiza bikanagaragaza isano iri hagati y’inyamaswa na ba mukerarugendo.”

Mu myaka 20 ishize, ubukerarugendo bwabaye inkingi ikomeye y’ubukungu bw’u Rwanda, aho imibare y’abasura igihugu yavuye ku bantu mbarwa baje mu myaka ya 2000, igera kuri miliyoni 1.49 mu 2025.

Urwego rw’ubukerarugendo mu Rwanda rugaragaza iterambere rikomeye mu myaka 20 ishize, aho rwavuye ku rwego rwo hasi, ubukerarugendo bukinjiza miliyoni 647 z’amadolari ya Amerika mu 2024, burazamuka mu 2025 bugeza ku madolari ya Amerika 685, niukuvuga miliyari zisaga 997 z’amafaranga y’u Rwanda.

Leta y’u Rwanda binyuze muri RDB, ifite intego y’uko uyu musaruro uzagera kuri miliyari 1,1 z’amadolari ya Amerika bitarenze umwaka wa 2029.

Kuri uyu wa 4 Nzeri 2026, haritwa amazina abana b’ingagi 22
Abita amazina baba ari abantu b’ibyamamare, baturuka hirya no hino ku Isi
  • NYIRANEZA JUDITH
  • Nzeri 4, 2026
  • Hashize amasaha 3
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE