Kiyovu Sports yegukanye FERWAFA Super Cup ku nshuro ya mbere mu mateka (Amafoto)
Kiyovu Sports yegukanye igikombe kiruta ibindi mu Rwanda (FERWAFA Super Cup) bwa mbere mu mateka, itsinze Police FC igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri iki Cyumweru, tariki ya 30 Kanama 2026.
Yari inshuro ya mbere amakipe yombi ahuriye ku mukino wa nyuma wa FERWAFA Super Cup.
Ni umukino watangiye wegeranye kuko nta kipe n’imwe yageragezaga kugera imbere y’izamu kenshi ngo ishake igitego.
Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.
Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga, ariko Kiyovu Sports isatira cyane Police FC, ihita ibona n’amahirwe akomeye ku ishoti rikomeye ryageragejwe na Hamis Hakim ku munota wa 49, ariko rinyura hejuru y’izamu gato.
Nyuma y’umunota umwe gusa Police FC yahise igera imbere y’izamu rya Kiyovu Sports ibona koruneri yavuyemo akavuyo, Kwitonda Alain atera ishoti mu izamu rikurwamo n’umunyezamu wa Kiyovu Sports, James Desire.
Umutoza wa Kiyovu Sports, Harrison Mark Simon, yakoze impiduka mu kibuga akuramo Lola Kanda Moise, Shaba Kagayo na Rwabuhihi Placide, ashyiramo Mugisha Didier, Gihozo David na Avit Nkundimana.
Ni mu gihe Rkyek Jaafar utoza Police FC yakuyemo Tangara Keffa, Iradukunda Simeon na Luc Bide Ndohoungar ashyiramo Ingabire Chrisman, Ekeson Okorie na Manishimwe Djabel.
Ku munota wa 83 w’umukino, myugariro wa Kiyovu Sports Ntwali Asman yahinduye umupira mwiza mu rubuga rw’amahina, usanga Hakim Hamis ahagaze neza mu rubuga rw’amahina, aragarama ashyira umupira mu izamu atsinda igitego.
Umukino warangiye Kiyovu Sports yatsinze Police FC igitego 1-0, yegukana iri rushanwa rya FERWAFA Super cup ku nshuro ya mbere mu mateka, nubwo yabaye iya gatatu muri shampiyona y’umwaka ushize wa 2025/26.
Uretse igikombe, iyi kipe izahabwa na miliyoni 40 Frw, mu gihe Police FC yo izahabwa miliyoni 20 Frw.
Kiyovu Sports yaherukaga igikombe gikomeye mu 1993. Gusa mu 2022 yatwaye igikombe cya Made in Rwanda Cup’. Itsinze Rayon Sports ibitego 2-1.






