Deogratius Ndejembi yagizwe Visi Perezida mushya wa Tanzania

  • SHEMA IVAN
  • Kanama 29, 2026
  • Hashize amasaha 11
Image

Deogratius Ndejembi yagizwe Visi Perezida mushya wa Tanzania, asimbuye Emmanuel John wari uherutse kwegura kuri uwo mwanya ndetse agahita anirukanwa mu ishyaka rya CCM ashinjwa imyitwarire mibi.

Ni nyuma ko kurahira kwe mu muhango wabereye mu Mujyi wa Dodoma, uyoborwa na Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 29 Kanama 2026.

Perezida Samia Suluhu Hassan yavuze ko Ndejembi yatoranyijwe hashingiwe ku bushobozi bwe, ubunararibonye mu buyobozi, imyitwarire, ubunyamwuga ndetse n’imbaraga z’urubyiruko.

Ati: “Umwanya w’ubuyobozi ni icyizere uba ugiriwe. Umwanya twaguhaye si ubwami; ni inshingano. Korera Abanya-Tanzania bose utitaye ku bibatandukanya.”

Yamusabye gukomeza kwigira ku bandi bayobozi no gukoresha ubunararibonye afite mu nyungu z’igihugu, agaragaza ko Abanya-Tanzania bamutezeho ubudahemuka, ubunyangamugayo, gukunda igihugu, ubwenge n’ubunyamwuga.

Perezida Samia yanibukije Ndejembi ko Guverinoma ifite inshingano zo gushyira mu bikorwa ibyo CCM yemereye abaturage, gahunda y’iterambere kugeza mu 2030 ndetse n’icyerekezo cy’igihugu cy’imyaka 25.

Deogratius Ndejembi yari asanzwe ari Minisitiri w’Ingufu.

Deogratius Ndejembi yarahiriye kuba Visi Perezida mushya wa Tanzania
Deogratius Ndejembi yasabwe gufasha ishyaka rya CCM gushyira mu bikorw ibyo bemereye abaturage mu matora ya 2025
  • SHEMA IVAN
  • Kanama 29, 2026
  • Hashize amasaha 11
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE