Korali Salem basobanuye impamvu itazishyuza igitaramo cyabo
Korali Salem ikorera ivugabutumwa muri ADEPR ya Kabuga, basobanuye impamvu bahisemo kutishyuza igitaramo bazamurikiramo Alubumu yabo ya Gatanu bavuga ko harimo gusezera abanyeshuri bagiye gusubira ku ishuri.
Ni bimwe mu byagarutsweho ku mugoroba w’itariki 25 Kanama 2026, ubwo habaga ikiganiro n’itangazamakuru kigamije kugaragaza aho imyiteguro y’icyo gitaramo igeze.
Ni igitaramo bise Number One Warship Experience bavuga ko kitiriwe indirimbo yabo yanitiriwe Alubumu yabo ya gatanu bateganya kuzamurikira muri icyo gitaramo.
Umuyobozi wa Korali Salem Gatabazo Niyorembo Fidele avuga ko gukora igitaramo baba batagamije amafaranga ahubwo korali hari ahandi yungukira.
Yagize ati: “Ntabwo korali ari umuryango runaka uba guharanira inyungu, ntanubwo yungukira mu mafaranga yakuye mu bitaramo buriya iyo umuntu ahindukiriye Kirisitu, korali iba yungutse amafaranga abonetse ni byiza ariko atabonetse abantu bagakizwa tubona imbaraga zo gukomeza kuyishakamo.”
Akomeza asobanura icyabateye kutishyuza ko nifuzaga ko abantu bakunda Imana kandi badafite amafaranga babona aho bajya bakaramya.
Ati: “Impamvu tutishyuje ni uko twifuzaga ko abakunda Imana kandi badafite amafaranga babona aho bisanga, kuko ku banyeshuri bizaba ari ugusezera ku biruhuko, twishimira intsinzi ku batsinze ibizamini bya Leta tubifuriza amasomo meza.”
Gatabazi akomeza avuga ko mu gitaramo hazaba umwanya uhagije wo kuramya no guhimbaza Imana, anararikira abakunda igisirimba ko hazaboneka umwanya uhagije wo gusirimba bagataha basabanye n’Imana mu buryo bwose.
Iyi korali bavuga ko ivugabutumwa bakora ritagenewe abo bizera kimwe ahubwo bagira igihe bakajya no gusura abarwayi kwa Muganga, amagereza, gufasha abatishoboye mu rwego rwo kugeza ivugabutumwa no ku badafite imyemerere nk’iyabo kuko Imana itarobanura.
Biteganyijwe ko Korali Salem izataramira abakunzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana tariki 30 Kanama 2026, muri Dove Hotel.

