APR BBC na Patriots BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka
APR BBC yatsinze RSSB Tigers BBC amanota 105-78 naho Patriots BBC itsinda REG BBC amanota 83-79, amakipe yombi abona itike yo gukina umukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka yo guhatanira igikombe cya Shampiyona ya Basketball mu bagabo.
Iyi mikino ya gatanu ya ½ yakinwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 14 Kanama 2026 muri Petit Stade i Remera. Amakipe yombi yagiye muri iyi mikino anganya intsinzi ebyiri, bityo buri imwe yasabwaga gutsinda kugira ngo ikomeze ku mukino wa nyuma.
APR BBC yatangiye umukino neza ibifashijwemo n’abakinnyi barimo Axel Mpoyo na Craig Randall bayitsindira amanota menshi. Agace ka mbere karangiye iyoboye umukino n’amanota 32-17.
Mu gace ka kabiri, umukino wagerageje kwegerana ikinyuranyo kiba gito, cyane ko Tarik Bey yari yatangiye gutsindira Tigers amanota menshi. Igice cya mbere cyarangiye ikinyuranyo cyagabanyutse, ariko APR ikomeza kuyobora umukino n’amanota 47 kuri 40 ya RSSB Tigers.
Mu gace ka gatatu, umukino wakomeje kugenda muri uwo mujyo ariko Ikipe y’Ingabo itangira kongera ikinyuranyo, ibifashijwemo na Craig Randall na Teafale Lenard kigera ku manota 21 (80-61). Aka gace karangiye APR BBC yagejejemo ikinyuranyo cy’amanota 17 ifite 80-63.
Ikipe y’Ingabo yakinanye agace ka nyuma ubunararibonye, itemera ko ikinyuranyo cyayo kivamo binyuze muri Craig Randall, Adonis Filer na Axel Mpoyo bayitsindiraga cyane. Mu minota ya nyuma, Tigers yavuye mu mukino bigaragara, itsindwa amanota menshi.
Umukino warangiye APR BBC yatsinze RSSB Tigers BBC amanota 105-78, yuzuza intsinzi eshatu yasabwaga ngo bituma igera ku mukino wa nyuma wa kamarampaka ku nshuro ya kane yikurikiranya. Ku mukino wa nyuma izahura na Patriots BBC yasezereye REG BBC iyitsinze amanota 83-79.
Umukino wa nyuma wa mbere uzakinwa ku Cyumweru, tariki ya 16 Kanama 2026, aho amakipe yombi azakina imikino ishobora kugera kuri irindwi, izatanga indi kubona intsinzi enye yegukane Igikombe cya Shampiyona.




