Xabi Alonso yagizwe Umutoza mushya wa Chelsea

  • SHEMA IVAN
  • Gicurasi 17, 2026
  • Hashize amasaha 3
Image

Umudage Xabi Alonso yagizwe Umutoza Mukuru wa Chelsea yo mu Bwongereza, asinya amasezerano y’imyaka ine. Uyu mutoza yatangajwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 17 Gicurasi 2026, binyuze ku mbuga nkoranyambaga z’iyi kipe.

Yagize iti “Umwe mu banyacyubahiro muri ruhago igezweho, Alonso yageze muri Chelsea nyuma y’ubunararibonye mu gutoza amakipe yo ku rwego rwo hejuru i Burayi, nka Real Madrid na Bayer Leverkusen yahesheje Igikombe cya Shampiyona bwa mbere mu mateka.”

Iyi kipe yongeyeho ko ibonye umutoza mwiza uzayifasha mu rugendo rushya ishaka kwerekezamo, kuko atazaba ari umutoza gusa ahubwo azaba ari n’umuyobozi.

Nyuma yo kugirwa umutoza, Xabi Alonso yatangaje ko bimushimishije kuba agiye gutoza Chelsea kuko ari imwe mu makipe akomeye ku Isi.

Ati: ”Ni imwe mu makipe akomeye ku Isi mu mupira w’amaguru”, ndetse yishimiye kuba umwe mu bagiye kuyifasha kwandika amateka.

Nganira n’ubuyobozi bw’ikipe, byari bisobanutse kuko twese dufite intego zimwe. Turashaka kubaka ikipe igomba guhatana bihoraho ndetse ikarwanira ibikombe. Mu ikipe harimo impano zitangaje, ubu intego ni ugukora cyane.”

Xabi Alonso asimbuye Umwongereza, Liam Rosenior wirukanywe muri Mata 2026 kubera umusaruro mubi. Biteganyijwe ko Alonso azatangira akazi tariki ya 1 Nyakanga 2026.

Xabi Alonso yagizwe Umutoza mushya wa Chelsea
  • SHEMA IVAN
  • Gicurasi 17, 2026
  • Hashize amasaha 3
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE