Sunrise FC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri (Amafoto)

  • SHEMA IVAN
  • Gicurasi 16, 2026
  • Hashize amasaha 6
Image

Ikipe ya Sunrise FC yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri nyuma ya gutsinda Etoile de l’Est FC ibitego 2-1, izamukana na Unity FC mu Cyiciro cya Mbere.

Amakipe yombi yabigezeho nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya nyuma isoza Shampiyona uyu mwaka w’imikino wa 2025/26 yakinwe kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 16 Gicurasi 2026.

Kuri Stade ya Ngoma, Sunrise FC yari yakiriwe na Etoile de l’Est yari imbere y’abakunzi bayo benshi. Ikipe ya Sunrise FC ni yo yatangiye neza umukino bidatsinze ku munota wa gatandatu, Kalu Daniel Ikpo yafunguye izamu ku mupira yateranye ba myugariro ba Etoile de l’Est uvuye kuri coup-franc yari itewe na mugenzi we uruhukira mu izamu.

Nyuma yo gutsindwa igitego Etoile de l’Est yinjiye mu mukino itangira gusatira ishaka igitego cyo kwishyura. Byasabye gutegereza ku munota wa 21’ ku gitego cyatsinzwe na Joel Emmanuel n’umutwe ujya mu izamu.

Mu minota 30, Sunrise FC yongeye gusatira izamu rya Etoile de l’Est harimo ishoti Kalu Danie yateye ari mu rubuga rw’amahina, ku mahirwe make ye,ubwugarazi buwukuramo

Ku munota wa 35’ Daniel Kalu Ikpo yatsindiye Sunrise FC igitego cya kabiri nyuma yo kuroba umunyezamu Kabera Bonheur wari usohotse.

Igice cya mbere cya mbere Sunrise itsinze Etoile de l’Est ibitego 2-1.

Igice cya kabiri cyaranzwe no gusatira ku makipe yombi ariko abakinnyi bakagorwa no kubyaza umusaruro amahirwe babonaga imbere y’izamu.

Umukino warangiye Sunrise FC itsinze Etoile de l’Est ibitego 2-1, yegukana Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri n’amanota 13 mu mukino ya Kamarampaka ndetse izamuka mu Cyiciro cya Mbere yaherukagamo mu 2024.

Iyi kipe y’i Nyagatare izamukanye na Unity FC yagize amanota 10 nyuma yo kunganya na Intare FC ubusa ku busa. Unity FC ni ubwa mbere igiye gukina Icyiciro cya Mbere.

Muri rusange iyi mikino ya kamarampaka, yarangiye Sunrise FC ari iya mbere ihabwa sheki ya miliyoni 25 Frw, Unity FC yabaye iya kabiri ibona miliyoni 20 Frw. Mu Cyiciro cya Kabiri hahembwe amakipe umunani ya mbere, yose hamwe agabana miliyoni 105 Frw.

  • SHEMA IVAN
  • Gicurasi 16, 2026
  • Hashize amasaha 6
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE