Umwiherero w’Amavubi wari muri Maroc wimuriwe mu Misiri

  • SHEMA IVAN
  • Kamena 4, 2026
  • Hashize amasaha 12
Image

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko umwiherero w’ikipe y’igihugu “Amavubi” yari imaze iminsi ibiri muri Maroc, wimuriwe mu Misiri nyuma y’uko imikino ibiri ya gishuti yari gukinira i Marrakech ikuweho. Amavubi yagombaga guhura n’Ikipe y’Ibirwa bya Comores ku wa 6 Kamena mbere y’uko rukina na Tanzania ku wa 9 Kamena mu mikino ibiri ya gishuti yemewe na FIFA yari kubera muri Maroc.

Itangazo ryashyizwe hanze na FERWAFA mu ijoro ryo ku wa 3 Kamena 2026 rivuga ko “imikino ya gicuti mpuzamahanga Ikipe y’Igihugu Amavubi yari kuzakinira i Marrakech muri Maroc mu gihe cy’ikiruhuko mpuzamahanga cya FIFA cyo muri Kamena 2026, itakibaye.”

Rikomeza rigira riti: “Ibi bije bikurikira ubutumwa FERWAFA yahawe n’ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Maroc bumenyesha ko iyo mikino itemewe kubera impamvu z’umutekano. Aya makuru akaba yaramenyekanye nyuma y’uko bamwe mu bagize intumwa z’Amavubi bari bamaze kugera i Marrakech ku wa 1 Kamena 2026.”

“FERWAFA yubashye icyemezo cyafashwe n’inzego zibishinzwe muri Maroc, bityo tukaba tumenyesha ko gahunda yo kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 ikomeje nk’uko byari biteganyijwe. Umwiherero w’Ikipe y’lgihugu ukazakomereza i Cairo mu Misiri kuva ku wa 4 kugeza ku wa 11 Kamena 2026.”

Iki cyemezo cyaje gikurikira itangazo ryashyizwe hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru muri Tanzania (TFF) rivuga ko umukino wa gishuti wari guhuza Ikipe y’iki gihugu “Taifa Stars” n’Amavubi y’u Rwanda, ku wa 9 Kamena 2026, wakuweho kubera ingamba zafashwe n’inzego zishinzwe ubuzima muri Maroc mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola. 

Biteganyijwe ko iyi kipe irahaguruka mu Mujyi wa Marrakech mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, mu rugendo rugana mu Mujyi wa Cairo mu Misiri aho izakomereza imyiteguro ikanahakinira imikino ya gishuti. Si u Rwanda na Tanzania byahagaritse iyi mikino yabo kuko n’u Burundi na Uganda batangaje ko yose yamaze gukurwaho.

  • SHEMA IVAN
  • Kamena 4, 2026
  • Hashize amasaha 12
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE