Omar wangiwe kwinjira muri Amerika yahawe gusifura UEFA Super Cup
Umusifuzi Mpuzamahanga wo Hagati ukomoka muri Somalia, Omar Artan yahawe kuzayobora umukino wa UEFA Super Cup uzahuza Paris Saint-Germain na Aston Villa ku wa 12 Kanama 2026.
Ni icyemezo cyatangajwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’u Burayi (UEFA) kuri uyu wa 11 Kamena 2026, binyuze mu bufatanye bwayo n’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF).
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko uyu musifuzi w’imyaka 34 akuwe ku rutonde rw’abazasifura Igikombe cy’Isi nyuma yo kwangirwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika rwatangaje ko rwangiye Omar Abdulkadir Artan kwinjira muri iki gihugu kubera ko yaketsweho kuba akorana n’imitwe y’iterabwoba irimo na Al Shabab.
Perezida wa UEFA Aleksander Čeferin, yashimiye Perezida wa CAF, Dr. Patrice Motsepe ubufatanye bwe mu guha uyu mukino Omar, ashimira n’uyu musifuzi ku iterambere rye.
Ati: “Omar Artan ni umusifuzi mwiza ukiri muto kandi ufite ubunararibonye, werekanye ko ageze ku rwego rwo hejuru muri Afurika. Umupira w’amaguru na wo ubereyeho guhuza abantu, ari yo mpamvu UEFA ishaka kumwereka icyubahiro akwiriye, ari na byo byatumye atoranywa.”
Perezid wa CAF, Dr. Patrice Motsepe na we yavuze ko Omar Artan akwiye kubera urugero rwiza abandi basifuzi bo muri Afurika.
Ati: “Omar Artan yahesheje ishema igihugu cya Somalia ndetse n’abaturage bose b’Umugabane wa Afurika. Kuba yarahawe igihembo cya CAF cy’Umusifuzi w’Umwaka mu mupira w’amaguru w’abagabo mu 2025 no kuba yaratoranyijwe gusifura mu Gikombe cy’Isi 2026 ni ikimenyetso cy’ubushobozi bwe bwo gusifura ku rwego mpuzamahanga ndetse n’icyubahiro akomeje kugirirwa ku isi.
Iri ni ishema rikomeye kuri Omar Artan no ku basifuzi ba Afurika muri rusange, kandi ni urugero rwiza rw’ukuntu umupira w’amaguru uhuza abantu, ugakomeza kubaka ubumwe hagati y’Afurika n’u Burayi ndetse n’isi yose.”
Uyu mukino wa UEFA Super Cup 2026 uteganyijwe kubera mu Mujyi wa Salzburg muri Australia ku itariki ya 12 Kanama 2026, ukazahuza Paris Saint-Germain yatwaye UEFA Champions League na Aston Villa yatwaye UEFA Europa League.
