Nepal: Abahitanywe n’imyuzure bageze ku 1 303, naho 5 083 baburirwa irengero

  • NYIRANEZA JUDITH
  • Nzeri 4, 2026
  • Hashize amasaha 2
Image

Abantu  1 303 bahitanywe n’imyuzure yibasiye Nepal mu cyumweru gishize kandi  abantu 5 083 bo baburiwe irengero, nk’uko byatangajwe n’ikigo gishinzwe imicungire y’ubutabazi muri Nepal kuri uyu wa gatanu tariki ya 4 Nzeri.

Itangazamakuru rya leta y’u Bushinwa ryatangaje ko muri bo harimo abantu babo 21 bapfuye, 541 baburiwe irengero muri Tibet, iyo mibare ikaba ari iy’agateganyo, bose hamwe hakaba hazimiye abagera ku 1 308 bapfuye n’abasaga ibihumbi bitanu baburiwe irengero mu bihugu byombi.

Mu baburiwe irengero muri Nepal harimo ba mukerarugendo b’abanyamahanga babarirwa mu majana n’abakozi barenga 900 b’inganda z’amashanyarazi cyangwa ingomero zirimo kubakwa.

Umuyobozi mukuru wo muri Nepal, Kathmandu (SANA) yavuze ko imyuzure ikomeye yibasiye igihugu mu kwezi gushize yangije inzu n’ibikorwa remezo bibarirwa muri miliyari 387.5 z’amadolari yo muri Nepal angana hafi na miliyari 2.56 z’amadolari ya Amerika.

Yagize ati: “Ibyangijwe n’umwuzure birimo inzu, ibikorwa remezo by’agaciro karenga miliyari 2.5 z’amadolari ya Amerika.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugabanya no gucunga Ibiza Dharma Raj Upreti, yavuze ko Nepal izakenera kubaka inzu agera ku 20 000 mu turere twagizweho ingaruka nyuma y’uko imyuzure yasenye burundu inzu zigera ku 7 500.”

  • NYIRANEZA JUDITH
  • Nzeri 4, 2026
  • Hashize amasaha 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE