Minisitiri w’Intebe yerekanye ko Afurika itagikenye ubuhuza mu gukemura ibibazo byayo

  • SHEMA IVAN
  • Kanama 30, 2026
  • Hashize amasaha 7
Image

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Nsengiyumva Justin yagaragaje ko Afurika ikwiye kwiyubakira ubushobozi n’umutungo byo kuyobora inzira zayo z’amahoro, aho gushingira cyane ku bafatanyabikorwa bo hanze mu gukemura amakimbirane muri Afurika.

Yabigarutseho kuri iki Cyumweru, tariki ya 30 Kanama 2026, ubwo yifatanyaga n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu nama ya 21 y’Inteko Rusange idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Iyi nama yabereye i Luanda muri Angola yari ifite insanganyamatsiko igira iti: “Gushimangira uburyo bwo gukumira no gukemura amakimbirane muri Afurika.”

Yagize ati: “Afurika ntikwiye gukomeza gushingira ahanini ku bafatanyabikorwa bo hanze mu gushaka amikoro yo gukemura amakimbirane, cyangwa ngo yegurire abari hanze y’umugabane ubuhuza bw’amakimbirane yayo. Tugomba kubaka icyizere, ubushobozi n’umutungo bidushoboza kuyobora ubwacu inzira z’amahoro, kuva ku gukumira hakiri kare kugeza ku byiciro by’ubuhuza bukemura ibibazo.”

Mu cyerekezo 2063 Afurika yihaye intego yo gucecekesha imbunda. Nyamara ubu mu turere dutandukanye tw’umugabane turimo intambara kandi abahuza bose usanga ari ibihugu byo hanze ya Afurika.

Minisitiri w’Intebe yahagarariye Perezida Paul Kagame mu nama y’Inteko rusange idasanzwe ya 21 ya AU
  • SHEMA IVAN
  • Kanama 30, 2026
  • Hashize amasaha 7
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE