Iwacu Muzika Festival: Kevin Kade yasimbujwe Kivumbi King na Amalon

  • NTAWITONDA JEAN CLAUDE
  • Kamena 16, 2026
  • Hashize iminota 57
Image

Nyuma yo gutangaza ko atakibonetse mu bitaramo bya Iwacu Muzika Festival, Kevin Kade yasimbujwe abahanzi babiri ari bo Kivumbi King na Amalon.

Ni ibyatangajwe n’abategura ibyo bitaramo mu ijoro ry’itariki 15 Kamena 2026, bagaragaza ko abo bahanzi bazakorana guhera ku wa 20 Kamena 2026.

Bifashishije imbuga nkoranyambaga basangije ababakurikira amafoto y’abo bahanzi.

 Banditse bati: “Umuhanga mu bihangano bye, Amalon aje kubataramira mu bitaramo bya Iwacu Muzika Festival muratangirana kuva ku wa 20 Kamena 2026.”

Barongera basangiza ifoto ya Kivumbi King bayiherekeresha amagambo ashimangira ko na we azagaragara muri ibyo bitaramo.

Bati: “Bakunzi b’umuziki nyarwanda umuhanzi mukunda Kivumbi ni umwe mu bahanzi bari ku rutonde rw’abazatarama muri Iwacu Muzika Festival.”

Abenshi mu bakurikiranira hafi umuziki n’ibitaramo nyarwanda bavuga ko kuba Amalon yiyongereye ku rutonde ari amahirwe yihariye kuri we kuko ari intambwe nziza mu nzira yo kugaruka mu muziki nyuma y’uko yari amaze igihe adakora indirimbo.

Kevin Kade wasohotse, yatangaje ko atacyitabiriye ibyo bitaramo tariki 15 Kamena 2026, aho byatewe n’uburwayi bwamuzaharije muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akaba arimo kwitabwaho n’abaganga.

  • NTAWITONDA JEAN CLAUDE
  • Kamena 16, 2026
  • Hashize iminota 57
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE