Imikino y’Abakozi: Amakipe 10 ni yo agiye gukina irushanwa ryo Kwibuka

Ishyirahamwe ry’Imikino y’Abakozi mu Rwanda “ARPST” ryateguye irushanwa ryo Kwibuka ari muri siporo bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Iri rushanwa rizaba taliki 2 kugeza 04 Kamena 2023 rizitabirwa n’amakipe 10 harimo amakipe atandatu mu mupira w’amaguru, imwe izaba iturutse muri Kenya. Hari kandi n’amakipe 4 azakina muri Basketball.
Imikino izabera ku bibuga itandukanye birimo Sitade Mumena, Ruyenzi, IPRC-Kigali na Kigali Pelé Stadium mu mupira w’amaguru naho muri Basketball, imikino izabera muri IPRC-Kigali na Club Rafiki i Nyamirambo.
Mu mupira w’amaguru hazitabira RBC, RwandAir, BK, Ubumwe Grande Hotel, Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare “NISR” na Eawassca (Kenya). Muri Basketball hazakina ikipe y’abagore yo muri REG, Cok, RSSB na Kaminuza y’u Rwanda “UR”.
Uko imikino izakinwa mu mupira w’amaguru
Taliki 02-06-2023
RBC FC -BK FC (Mumena-15h00)
Ubumwe Grande Hotel-NISR FC (Ruyenzi-15h00)
RwandAir FC -Eawassca FC (IPRC Kigali-15h00]
Taliki 03-06-2023
RBC FC/BK FC-Rwandair/Eawassca FC (IPRC Kigali-15h00)
Ubumwe Grande Hotel/NISR – Iyatsinzwe yitwaye neza (Mumena-15h00)
Taliki 04 Kamena 2023, hazaba umukino wo guhatanira umwaya wa gatatu (9h00) ndetse n’uwo guhatanira igikombe (10h30). Iyi mikino izabera kuri Kigali Pelé Stadium
Uko imikino izakinwa muri Basketball
Taliki 02-06 2023
REG -Cok (IPRC-Kigali-15h00]
RSSB-UR (IPRC-Kigali-16h30)
Taliki 04 Kamena 2023 hazakinwa umukino wo gutanira umwanya wa 3 (9h00) n’umukino wo guhatanira igikombe (11h00). Iyi mikino yombi izabera kuri Club Rafiki i Nyamirambo.
