09 February 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Inka icyo uyihaye ni cyo iguha – Meya wa Gatsibo

17 January 2023 - 08:19
Inka icyo uyihaye ni cyo iguha – Meya wa Gatsibo
Share on FacebookShare on Twitter

Gasana Richard, Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba, yagaragaje ko kugira ngo inka ishobore gutanga umusaruro w’umukamo w’amata, bisaba kugira ibyo uyigaburira bityo umworozi agakora ubucuruzi bushingiye ku bworozi.

Ibi Gasana yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye n’Imvaho Nshya nyuma y’urugendo shuri aborozi ba Gatsibo baherutsemo mu karere ka Gicumbi mu ntara y’Amajyaruguru.

Ni urugendo shuri bateguye mu cyumweru bise ‘Terimbere Mworozi’ rukaba rwari rugamije kureba uko aborozi ba Gatsibo bakongera umukamo bororera mu biraro kuko Ari kimwe mu bitanga umusaruro.

Gasana yagize ati: “Mu byo twabonye, twabonye ko inka icyo uyihaye ni cyo iguha, ikindi nuko inka ikeneye kuruhuka cyane, ntiyirirwe yirukanka ku zuba ijya gushaka amazi”.

Aha ni ho ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buhera busaba aborozi bo muri aka Karere kororera mu biraro.

Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko uworoye inka nyinshi ashobora kuzigabanya agasigarana izimuha umukamo mwinshi.

Meya Gasana yahamirije Imvaho Nshya ko ubuyobozi bukwiye guha aborozi ibikorwa remezo kuko ngo aho ibikorwa remezo bitaragera ku buryo bwuzuye, bituma inka zigenda ku gasozi.

Ati: “Kugira inka mu rugo ni uko uba ugomba kuba ufite amazi mu rugo ariko uko twabibonye hano i Gicumbi, kugira amazi mu rugo si ukugira amazi ya WASAC.

N’aya y’imvura ashobora gukoreshwa. Turimo turatekereza uko aborozi babona damu, abantu bagatangira kororera mu rugo bakabona amazi kandi bagakoresha aturuka ku biraro bubatse”.

Akarere ka Gatsibo gasanga uruhare rw’umuturage mu kongera umukamo, ari uguhindura imyumvire, umuntu akumva ko ashobora kureka inka 30 akorora inka 10 ntizimuvune kandi zikamuha umusaruro w’inka 30.

Kugeza ubu mu Karere ka Gatsibo amenshi mu makusanyirizo yahawe amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, MINAGRI.

Abaturage ntibagikora urugendo rurerure bajyana amata ku makusanyirizo kuko bashyiriweho amakusanyirizo mato (Milk Collection Point/MCP) yakirira bugufi amata, bityo akagezwa ku makusanyirizo makuru atanu yubatswe muri Gatsibo.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwizeza ko buzakomeza gufasha aborozi gutunganya inzuri, guhinga ubwoko butandukanye bw’ubwatsi ndetse n’ibikorwa remezo.

Bamwe mu borozi bo mu Karere ka Gatsibo baherutse gutangariza RBA mu kiganiro cy’Ubuhinzi n’Ubworozi ko baciye ukubiri n’ubworozi bwa gakondo, bakishimira umusaruro w’umukamo bakura mu bworozi bugezweho binjiyemo.

Munyaburanga Emmanuel, umworozi wo mu Murenge wa Rwimbogo, yahamirije RBA ati: “Ubworozi bwa gakondo bwari ubw’inka z’umurato, ukayikunda kuko ari nziza ikaguha amata makeya aciriritse atunga abana n’Umuryango ndetse izuba ryava abana tukabaha amazi.  Izi rero zitandukanye cyane na zazindi, kuko izi ni iz’ubucuruzi. Ni ukuvuga ngo iyo ibyaye utangira kwizera ko mu mufuka hari ikintu kiribugemo”.

Imibare itangwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ishami rya Nyagatare na Gatsibo, igaragaza ko kuva mu kwezi kwa gatandatu k’umwaka wa 2020 kugeza mu kwa gatandatu ku mwaka wa 2021 mu Karere ka Gatsibo inka 3,252 ari zo zatewe intanga ku nka 3,000 zari ziteganijwe.

Mu Karere ka Gatsibo habarurwa inka 71,483, inzuri 668, umukamo uboneka ku munsi ungana na litiro ibihumbi 42,704.  

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard
Advertisement
KAYITARE Jean Paul

KAYITARE Jean Paul

Kayitare Jean Paul ni umunyamakuru utara inkuru ubimazemo imyaka 13. Yatangiye gukorana n’ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Nyakanga 2016. Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s Degree) mu bijyanye n’Ububanyi Mpuzamahanga (International Relations) yakuye muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

February 8, 2023
Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

February 8, 2023
Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

February 8, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.