Ayra Starr yagaragaje impamvu yari amaze iminsi atagaragara mu muziki
Umuhanzikazi w’Umunya-Nigeria ukora injyana ya Afrobeats, Ayra Starr yatangaje ko ari mu bihe byo gukira nyuma yo kubagwa bikomeye akaba ari na yo mpamvu yatumye abura mu muziki no ku mbuga nkoranyambaga.
Yifashishije imbuga nkoranyambaga ze ku mugoroba w’itariki 30 Nyakanga 2026, Ayra Starr yabwiye abamukurikira ko amaze iminsi arimo guca mu bihe bitamworoheye byatewe no kuba yarabazwe ndetse uko kubagwa kwe bikabanza kugorana.
Yagize ati: “Muraho bakunzi banjye, mbiseguyeho kuba mutakimbona nk’uko nanjye nabyifuzaga. Mu minsi ishize narabazwe bikomeye. Nari nizeye ko nakira vuba, ariko byaragoye kurusha uko twari tubyiteze.”
Uwo muhanzikazi akomeza avuga ko ataramera neza bityo akeneye akaruhuko ariko kandi abasaba kwihangana kuko azagaruka vuba. Ati: “Icyo nkeneye ubu ni ukuruhuka gato, hanyuma nzagaruka. Starrgirl araje vuba cyane.”
Ayra Starr azwi ku ndirimbo zitandukanye zirimo Rush, Bloody Samaritan, Stability, Commas, Last Heartbreak Song n’izindi. Akaba n’umwe mu bahanzi bamaze kwegukana Grammy Awards mu cyiciro cya Best African Music Performance inshuro ebyiri.
Ayra Starr yavuze ibyo nyuma y’uko yaherukaga kugaragara muri ‘Teen Vogue Fest 2026’ yabaye ku wa 26 Nyakanga 2026, i Brooklyn muri Amerika, Nyuma y’icyo gikorwa, yamaze icyumweru atagaragara, mbere yo gutangaza ko yari ari mu bihe byo gukira nyuma yo kubagwa bikomeye nk’uko yabitangaje.
