Nyambo yagaragaje amarangamutima ye nyuma yo gusezerana mu mategeko
Umukinnyi akaba n’umwanditsi wa Filimi mu Rwanda, Nyambo Jesca yasazwe n’umunezero nyuma y’uko yari amaze gusezerana mu mategeko n’umukunzi we Uwiringiye Richard, avuga ko niba hari umugore wishimye ku Isi ari we kubera ko abonye umugabo akunda kandi na we amukunda.
Mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga yagaragazaga Nyambo avuga amagambo yumvikanagamo amarangamutima y’umunezero abwira abari bitabiriye ibirori bye bari biganjemo abakinnyi ba filime.
Muri ayo mashusho yagize ati: “Umugore wishimye, ni Nyambo. ushakanye n’umugabo mwiza umukunda nanjye nkamukunda tukazabyara abana beza, Aleluyaaah! Ntimubonye umukwe mukunda mwiza, ntimumwishimiye? Nanjye ndamwishimiye cyane.”
Nyambo Jesca n’umukunzi we Uwiringiye Richard basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo imbere y’amategeko ku gicamunsi cy’itariki 30 Nyakanga 2026, mu muhango wabereye mu Murenge wa Nyarugenge.
Igikorwa cyo gusezerana imbere y’amategeko kije nyuma y’icyumweru Nyambo yambitswe impeta y’urukundo n’umukunzi we Uwiringiye Richard amusaba ko yamwemerera bagashyingiranwa maze bakomezanya urugendo asigaje kubaho kuri iyi Si, Nyambo na we ntiyazuyaza arabyemera.
Ni umuhango wabaye tariki 23 Nyakanga 2026, mu birori byari byagizwe ibanga ndetse na we atari azi ko ari bwambikwe impeta ahubwo yari azi ko ari ibirori byo gutungura inshuti ye Bwiza bakamwifuriza isabukuru dore ko ngo azayigira atari mu Rwanda.


