Tadej Pogačar ntazongera gusiganwa uyu mwaka
Nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare, Tadej Pogačar hamwe n’ikipe ye y’abaganga, bafashe umwanzuro w’uko nta rindi siganwa azitabira muri uyu mwaka, ahubwo agomba kwiyitaho agakira neza nyuma yo gukora impanuka ikomeye ari mu isiganwa rya Vuelta a España.
Ku wa 29 Kanama 2026 ni bwo hakinwe agace ka munani mu isiganwa rya La Vuelta ribera muri Espagne, abakinnyi basiganwe mu muhanda uva Puçol berekeza Xeraco.
Habura ibilometero 30, mu muhanda habereyemo impanuka ikomeye yatumye uyu mukinnyi wa mbere ku Isi mu gusiganwa ku magare agira ibikomere byinshi ku rutugu, ndetse ababara cyane ku buryo bitari gukunda ko akomeza isiganwa.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Nzeri 2026, ikipe ye y’abaganga yatangaje ko bafashe umwanzuro ko uyu mukinnyi nta rindi siganwa azitabira uyu mwaka mu rwego rwo kumufasha gukira neza.
Yagize ati: “Tadej arimo gukira neza nyuma yo kubagwa, kandi twishimiye cyane uko ubuzima bwe bukomeje kumera neza kugeza ubu. Icyakora bitewe n’ubwoko bw’imvune yagize harimo gukomereka ku mutwe, kuvunika igufwa ryo mu ijosi ndetse no kuvunika igufwa rihuza igitugu n’igituza aho igice cyaryo cyasohotse hanze, twafashe umwanzuro hamwe na Tadej ko atazongera
gusubira mu marushanwa muri uyu mwaka w’imikino.”
Ku rundi ruhande ariko uyu Munya-Slovenia yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira UAE Team Emirates-XRG kugeza mu 2032.
Ibi bivuze ko atazitabira Shampiyona y’Isi izabera i Montréal muri Canada, Shampiyona y’u Burayi na Il Lombardia ndetse aya masiganwa yose yari yegukanye mu 2025.
Uyu mukinnyi afite amateka mu yandi marushanwa nka Tour de France aheruka kwegukana ku nshuro ya gatanu (2020, 2021, 2024, 2025 na 2026).
