Ikipe izakina Rwanda Premier League 2026/27 igiye guhabwa inkunga ya milyoni 35 Frw
Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bagabo, Rwanda Premier League, rwatangaje ko mu mwaka w’imikino 2026/2027 buri ikipe izahabwa inkunga ya miliyoni 31 Frw, ndetse buri kipe yatsinze umukino ikajya ihabwa miliyoni 1 Frw.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 29 Kanama 2026, ni bwo Rwanda Premier League, yagaragaje ibihembo ku makipe zitwara neza mu mwaka w’imikino utaha.
Buri kipe muri 16 zihatana izahabwa inkunga ya miliyoni 31 Frw, ivuye kuri miliyoni 10 Frw isanzweho.
Uru rwego rwanemeje miliyoni 200 Frw yo kugabanya amakipe azajya yitwara neza ku mikino, aho buri kipe izajya ihabwa miliyoni 1 Frw, ndetse umukinnyi mwiza ku mukino akazajya ahabwa ibihumbi 100 Frw.
Ibyemezo bishya mu gushakira ubushobozi abari muri shampiyona ntibyasize n’abasifuzi, kuko buri wese azajya ahabwa ibihumbi 35 Frw, nk’agahimbazamusyi katabarirwa ku mushahara bahabwa n’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA).
Amakipe yo muri Sudani azakina mu Rwanda ari yo Al Hilal SC na Al Merrikh SC, ntabwo azahabwa ku mafaranga y’inkunga, ahubwo azahabwa ku mafaranga y’ibihembo.
Muri uyu mwaka w’imikino 2026/2027, Rwanda Premier League izakoresha ingengo y’imari ingana na 1 280 055 000 Frw.
Biteganyijwe ko Shampiyona ya 2026/27 izatangira tariki ya 4 Nzeri 2026, igasozwa ku wa 30 Gicurasi 2027.
